Ubuyobozi bw’akarere bwahaye abayobozi b’i Burundi umupolisi wabo wafatiwe mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mata 2018, nibwo Polisi y’u Burundi yashyikirijwe umupolisi wabo ACP Irakoze Théogène, uherutse gufatirwa mu Rwanda agahita atabwa muri yombi bivugwa ko yari yinjiye mu gihugu bu buryo bunyuranyije ‘amategeko

ACP Irakoze Théogène yafatiwe mu Rwanda, ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 13 Mata 2018. Aho bivugwa ko yari yabikoreshejwe n’ubusinzi nk’uko yabyemereye inzego z’umutekano z’impande zombi.

Muri iki gitondo nibwo abashinzwe umutekano ku mpande zombi bahererekanyinje uyu mupolisi w’u Burundi wari warafatiwe mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi mu Ntara y’Uburengerazuba 

Umupolisi wo mugipolisi cy’u Burundi uherutse gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda mu murenge wa Bweyeye wo mu karere ka Rusizi kuri uyu wambere yashyikirijwe inzego z’ubuyobozi bw’iki gihugu,ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi butangaza ko bwamufahse yasinze anafite intwaro gakondo.

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko yafashwe kuwa gatanu mu masaha y’umugoroba mu murenge wa Bweyeye wo muri aka karere ka Rusizi,nkuko yabisobanuriye itangazamakuru.Irakiza Theogene usanzwe ari umupolisi mu gipolisi cy’uburundi,ngo ubwo yari ari mu gihugu cye yagiye ahantu aranywa arasinda maze ageze igihe cyo gutaha ayoba inzira azakunyerera agwa mu mugezi wa Ruhwa ugabanya ibi bihugu byombi maze amazi aramutwara aza gufata kubyatsi byohakurya ku ruhande rw’ u Rwanda niko kwisanga ku butaka butari ubw’igihgu cye.

uyu mugabo ubwo yafatwaga ngo yafatanywe icyuma,we asobanura ko icyo cyuma yari akiguze agira ngo akijyane iwe bajye bagikoresha.Nkuko bigaragara ku byangombwa afite ipeti rya APP akaba amaze imyaka isaga 13 mu gipolisi cy’u Burundi.

kuri uyu wa mbere ubwo inzego z’ubuyobozi zo muri aka karere ka Rusizi zamushyikirizaga izo ku ruhande rw’u Burundi,Harerimana Frederic uyobora akarere ka Rusizi yatangaje ko uyu mupolisi bamufashe bigaragara ko yasinze bityo ngo nyuma yo kugenzura ko nta nabi yamugenzaga bafashe umwanzuro wo kumwohereza mugihugu cye.

Irakiza theogene yambukiye mu murenge wa Bweyeye ariko ubwo yasubizwaga iwabo yacishijwe ku mupaka wa Ruhwa kuko ari wo wemewe n’amategeko.