Rwanda: Ivuguruzanya ry’imibare y’abahitanywe na Genocide rihatse iki?

Yanditswe na Ben Barugahare

Iriburiro

Mbere na mbere mu gutegura inyandiko mbanje kwisegura kubo izababaza kuko nzi neza ko bahari, ariko nabasaba kwibaza neza niba babajwe n’ibikubiye muri iyi nyandiko cyangwa babajwe n’icyeragati bashirwamo n’itekinika rikorwa na Leta y’u Rwanda ikoresheje inzego zayo MINALOC, Komisiyo ishinzwe kurwanya Genocide (CNLG) n’izindi…

Imibare n’ibindi ndibwifashishe ntabwo mbikura mu mutwe wanjye cyangwa ahandi, ahubwo ndabikura mu mibare yitangirwa na MINALOC ubwayo, CNLG, MINISPOC n’ itangwa n’inzego z’ubuyobozi ndetse n’ibinyamakuru bikorana hafi na Leta y’u Rwanda.

Iyo uhuje iyo mibare usanga ari akumiro! Ikibazo cya mbere umuntu yibaza ni iki: Ese abatekinika ibi bafata abanyarwanda bose nk’ibicucu?

Ese kongera no gutekinika imibare n’ubwo bikoranwa ubuswa bigamije iki?

-Gutera ishavu n’uburakari abarokotse Genocide n’abandi bantu babona iyo mibare

-Gutera ipfunwe abaturage bo mu bwoko bw’abahutu

-Guhisha imibare y’abahutu bishwe na FPR hatuburwa imibare y’abatutsi bishwe.

-Kuyikoresha muri Propaganda mu mahanga mu kwaka imfashanyo no mu nyungu za politiki.

Uburyo twakoresheje 

Mbere na mbere nitabaje imibare itangwa na MINALOC y’abaguye muri Genocide, n’ubwo iyo mibare nayo ntayemera ariko nayikoresheje ngo nyigonganishe n’igaragara yanditswe ku nzibutso zitandukanye mu gihugu.

Ibi byose nabikoze nzirikana ko hari ibikunze kuvugwa ko hari benshi mu bacitse kw’icumu mu mpande hafi ya zose z’igihugu batazi aho benewabo bishwe bajugunywe.  No mu mahanga (mu gihugu cya Uganda hari inzibutso z’abazize Genocide bakuwe mu kiyaga cya Victoria aho bajyanywe n’umugezi w’Akagera).

Twitegereje cyane igiteranyo rusange kuko byagiye bigaragara ko hari abatutsi benshi bataguye aho bari batuye ahubwo baguye mu maperefegitura yandi.

Umujyi wa Kigali

Urwibutso rwa Gisozi: 250.000 (Reba aho iyo imibare yavuye)

Urwibutso rwa Rebero: 14.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro: 11.000 (Reba aho imibare yaturutse)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe mu mujyi wa Kigali: 275.000 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo mu mujyi wa Kigali)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe mu mujyi wa Kigali: 130.249 (Reba aho imibare yavuye)

Kigali ngali

Urwibutso rwa Nyamata: 45.308. (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Ntarama: 5.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Gashora: 5.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Gahanga: 6.711 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Ruhanga:32.257 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Jali : 26.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Kibagabaga: 24.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Ndera: 20.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Mwulire: 25.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Rusiga:6.390 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Mvuzo/Rulindo: 6673 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Musha:19,724 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Muyumbu:14,093 (Reba aho imibare yavuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Kigali-Ngali: 233.439 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Kigali-Ngali

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Kigali-Ngali: 165.480 (Reba aho imibare yavuye) 

Gikongoro

Urwibutso rwa Kaduha :47.311 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Kibeho: 28.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Murambi: 50.000 (Reba aho imibare yaturutse)   Reba ahandi

Urwibutso rwa Cyanika: 25.000 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Musange: 26.000 (Reba aho imibare ituruka)

Urwibutso rwa Munini : 5.500 (Reba aho imibare ituruka)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Gikongoro: 181.811 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Gikongoro)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Gikongoro: 106.761 (Reba aho imibare yavuye) 

Kibungo

Urwibutso rwa Nyarubuye: 51.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Nyabitare: 4.564 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Nyakarambi:9,686 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Kibungo:18,382 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Rukumberi: 37,063 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Zaza:11,990 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Muhazi:8,410 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Ruhunda: hagati ya 9000 na 10000 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Mukarange/Kayonza:8685 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Kabarondo: 3000 (Reba aho imibare yaturutse)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Kibungo: hagati ya 161.780  na 162.780 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Kibungo)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Kibungo: 88.612 (Reba aho imibare yavuye) 

Umutara

Urwibutso rwa Rwinkwavu: 4000 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Rukara:8,032 (Reba aho imibare yaturutse)

Urwibutso rwa Kiziguro:14,334 (Reba aho imibare yaturutse)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe mu Mutara: 26.366 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo mu Mutara)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe Mutara:  26.690  (Reba aho imibare yavuye) 

Byumba

Urwibutso rwa Mutete: 1064. (Reba aho imibare yavuye) 
Urwibutso rwa Rutare: 264.(Reba aho imibare yavuye) 

 

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Byumba: 1328 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Byumba)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Byumba:  7473 (Reba aho imibare yavuye) 

Gisenyi

(Reba aho imibare yavuye)

Imibare itangwa n’icyegeranyo cya CNLG kiswe “Itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Genocide yakorewe abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi” havugwamo ko muri Gisenyi hamaze gushyingurwa (2015) imibiri igera hafi ku 70.000

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Gisenyi: 38.434 (Reba aho iyo mibare yavuye)

Gitarama

Urwibutso rwa Mugina: 40.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Kinazi: 60.108 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Kabgayi: 10.000 (Reba aho iyo mibare yaturutse)

Urwibutso rwa Kamonyi:47,342 (Reba aho iyo mibare yavuye)

Urwibutso rwa Ruhango: 20.000 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Gitwe: 6000 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Bunyonga/Kamonyi: hagati 9.000 na 10.000 (Reba aho imibare ivuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Gitarama: 192.450 na 193.450 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Gitarama)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Gitarama:  129.181 (Reba aho imibare yavuye) 

Cyangugu

Urwibutso rwa Shangi : 10.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Mibilizi: 8.350 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Nyamasheke: 45.000 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Gashirabwoba:13.577 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Hanika: 23.000 (Reba aho imibare yavuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Cyangugu: 99.927 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Cyangugu)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Cyangugu:  59.786 (Reba aho imibare yavuye) 

Kibuye

Urwibutso rwa Bisesero: 50.000-60.000 (Reba aho imibare yavuye)  Ahandi wareba

Urwibutso rwa Nyange : 7720 (Reba aho imibare yavuye) 

Urwibutso rwa Gatwaro: 12.000 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Rwamatamu: 49.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Birambo: 6.900 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Congo-Nil: 4.430 (Rena aho imibare ivuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Kibuye: hagati ya 130.050 na 129.050 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Kibuye)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Kibuye:  84.341 (Reba aho imibare yavuye) 

Butare

Urwibutso rwa Nyanza: 20.000 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Muganza:4,497 (Reba aho imibare iturutse)

Urwibutso rwa Musha/Gisagara: 2.548 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Gikonko/Gisagara:27.324 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Mugombwa: 34.505 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Kansi: 10.087:(Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Nyumba:58,895 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Karama:68,216.(Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Ruhashya:45,020 (Reba aho imibare ivuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Butare: 271.092 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Butare)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Butare:  220.996 (Reba aho imibare yavuye) 

Ruhengeri

Urwibutso rwa Kinigi: 165

Urwibutso rwa Muhoza: 800 (Reba aho imibare yavuye)

Urwibutso rwa Mukamira: 2076 (Reba aho imibare ivuye)

Urwibutso rwa Busogo: 2500 (Reba aho imibare ivuye)

Igiteranyo cy’agateganyo cy’imibiri iri mu nzibutso zimwe muri Ruhengeri: 5541 (Ntabwo twashoboye kubona imibare y’inzibutso zose zo muri Ruhengeri)

Imibare ya MINALOC y’abatutsi bishwe muri Ruhengeri: 16.014  (Reba aho imibare yavuye) 

Umwanzuro

Imibare itangwa n’ibarura ryakozwe na MINALOC igasohora icyegeranyo mu 2004, ivuga ko hapfuye abatutsi: 1.074.017 mu gihugu hose. (Reba aho imibare yavuye)

Igiteranyo cy’imibiri ivugwa ko iri mu nzibutso (hari inzibutso nyinshi tutashoboye kubonera imibare): 1.650.784

Imibare twegeranyije ivugwa na CNLG, MINISPOC, Uturere, Ibinyamakuru biri hafi ya Leta y’u Rwanda… iyo mibare ikunze gukoreshwa mu mbwirwaruhame ndetse inakoreshwa mu nyandiko zifashishwa, igiteranyo cyayo kirenze kure imibare itangwa na MINALOC kandi nayo igaragara ko yatekinitswe.

Mu gusoza twakwibaza ikibura ngo ababishinzwe baba MINISPOC, CNLG, MINALOC n’abandi bahuze imibare bareke gukomeza kwikoza isoni.

Ibarura rya MINALOC naryo riratekinitse ariko iyo bigeze ku mibare y’imibiri bavugwa ko iri mu nzibutso, ntawabura kwibaza niba koko iyo mibiri ari yo iri muri izo nzibutso cyangwa bapfa kuvuga imibare uko bishakiye.