Abantu 4 umuryango w’Uburayi wafatiye ibihano uvuga ko bari inyuma y’ibikorwa bibangamiye demokarasi

    Dore amazina y’abantu bane bo mu Burundi umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi wafatiye ibihano uvuga ko bari inyuma y’ibikorwa bibangamiye demokarasi. Abo bantu bafatiwe ibihano byo gufatirirwa umutungo no kutinjira mu bihugu bigize uwo muryango.

    Godefroid Bizimana, wungirije umuyobozi mukuru w’igipolisi, umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi uravuga ko yahungabanyije demokarasi mu gufata ibyemezo byerekeranye n’ibikorwa by’igipolisi byatumye hakoreshwa ingufu zikabije mu gucubya imyigaragambyo yatangiye ku itariki ya 26 nyuma yaho umukuru w’igihugu Pierre Nkurunziza atangarije ko aziyamamariza gukomeza kuyobora igihugu.

    Gervais Ndirakobuca, bakunze kwita Ndakugarika ni umwe mu bajyanama mu biro by’umukuru w’igihugu ku bijyanye n’ibibazo by’igipolisi. Nawe Uburayi bumushinja kuba yarabaye intambanyi ku gisubizo cya politike ku bibazo byo mu Burundi mu gutanga amategeko yatumye hakoreshwa inguvu z’umurengera. Haravugwa ibyabaye cyane cyane ku matariki 26,27 na 28 mu ma quartiers ya Nyakabiga na Musaga.

    Mathias Joseph Niyonzima alias Kazungu akorera ibiro by’igihugu by’iperereza, arashinjwa n’Uburayi kubangamira demokarasi mu gufasha kwigisha umutwe witwara n’igisirikare y’Imbonerakure mu gutunganya ibikorwa byazo no kubaha ibigwanisho.

    Uwa kane ni Leonard Ngendakumana, wakoraga mu biro by’umukuru w’igihugu akaba yari n’umujenerali. Uwo nawe arashinjwa kuba intambanyi mu kubonera umuti ikibazo cya politiki mu Burundi mu kuba yaragize uruhare mu kugerageza gutembagaza leta y’Uburundi kuwa 13 ukwezi kwa gatanu. Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ukaba uvuga ko yiyemereye ku mugaragaro ko ashigikiye ibikorwa by’urugomo nk’uburyo bwo kugera ku migambi ya politike.

    BBC