Canada, Ubufaransa n’Ubudage byasabye abaturage babyo kwitondera gusura uduce tumwe na tumwe tw’u Rwanda.

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru arimo kuvugwa cyane muri iyi minsi ni ibihugu bimwe na bimwe byasabye abaturage babyo kwitondera kugenderera uduce twegereye umupaka w’igihugu cy’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ahegereye umupaka w’igihugu cya Uganda kubera umubano wifashe nabi hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uduce twa Pariki ya Nyungwe na Pariki y’ibirunga turi mu twavuzwe mu matangazo acishwa ku mbuga zigira inama zikanaha amakuru abaturage b’ibyo bihugu bashaka gukora ingendo mu bihugu bitandukanye by’isi.

Ibihugu bya Canada, U Budage, U Bufaransa nibyo byaje kw’isonga mu kuburira abaturage babyo.