Dr Théogène Rudasingwa: “twese abashaka impinduka tugaragaze uko ibikomere bya buri wese bizavurwa”

Muri iki kiganiro, Perezida w’Ishakwe, Rwanda Freedom Movement, Dr Théogène Rudasingwa arerekana ko ari ngombwa ko na mbere yo kugera ku mpinduka y’ubutegetsi, hakwiye kugaragazwa uburyo bwo gukemura ibibazo by’ubwicanyi bwakorewe abanyarwanda bo mu moko yose nta kuvangura.

Asanga iyi intango niba abantu bashaka kubaka igihugu ku buryo burambye.

Aravuga ko impinduka ikwiye kubera ko abanyarwanda bari mu kangaratete, ariko agashimangira ko binihutirwa kumenya ibyo abantu bazakora bageze ku butegetsi kugira ngo hrindwe ko hagira ukora nk’iby’abategeka muri iki gihe.