Emmanuel Bushayija yasabye imbabazi Kigeli V Ndahindurwa

Emmanuel Bushayija Ruzindana wimitswe nka Yuhi VI

Inyandiko The Rwandan na Kanyarwanda.net dufitiye kopi yo mu 2011 irerekana neza uburyo uwimiswe nka Yuhi VI ari we Emmanuel Bushayija unakoresha izina rya Ruzindana yasabye imbabazi umwami Kigeli V Ndahindurwa mu mwaka wa 2011 nyuma yo gukoresha izina ry’ubwami bw’u Rwanda atabiherewe uruhushya.

aragira ati:

“Kuri nyiricyubahiro King Kigeli V, Umwami w’uRwanda.

Nkurikije inama nagiriwe n’umuryango wanjye ndetse n’umutima nama wanjye, byatumye nfata urugendo
tariki ya 01 Ukwakira mu 2011, nzakubareba kugirango mbasabe imbabazi z’ibyo nakoze kandi ntabifitiye uburenganzira cyangwa  uruhushya rwanyu.

Ndasaba imbabazi kandi umuryango wanjye kubera ibyo nakoze niyita igikomangoma ntabyemerewe n’umuco Nyarwanda n’amategeko agenga ubwami bw’uRwanda.

Ibyo bigaragara muli site http://www.royal-court.org/ nihaye gushyiraho kandi niyemeje guhita nyikuraho nkimara gusinya iyi baruwa. Ndangije nsezeranya Umwami w’uRwanda n’Abanyarwanda ko ntazongera kujya mu bikorwa bigayitse nkibi.

Bikorewe i Washington, tariki ya 2 z’ukwacumi 2011.

Emmanuel Ruzindana.”

Iyi nyandiko kandi igaragara ku rubuga rwitwa Le Médiateur-Umuhuza rwa Padiri Théophile Murengerantwari aho urwo rubuga rwayisohoye tariki ya 2 Ukwakira 2011.

1 COMMENT

Comments are closed.