Gereza ya Mpanga: Uwishinja guhanura indege ya Habyalimana amereye nabi abandi bagororwa!

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri uyu wa gatatu tariki 7 Gashyantare 2018 ava muri Gereza ya Mpanga I Nyanza ni aya abahafungiye basaba ko batabarizwa kuko bamerewe nabi cyane kandi ngo itotezwa bakorerwa rikaba rigirwamo uruhare rukomeye na Burigadiye (uyu ni umufungwa nawe ushinzwe umutekano).

Uyu Burigadiye yitwa Tuyisenge Jean de Dieu yahoze ari umugendarme muri Ex FAR ufunze yarakatiwe burundu na Gacaca ariko ngo kubera kwishyira imbere no kuba igikoresho cya Leta ngo yiyemerera ko ariwe wahanuye indege ya Perezida Habyarimana!

Ibi bigatuma akundwakazwa na Leta ikamuha n’ubwo bubasha bwo gutoteza imfungwa ngenzi ze afstandje n’ubuyobozi bwa Gereza, ubu muri iyo gereza uwo yatse amafaranga, umuvuguruje cyangwa uwo adashaka amubeshyera ko afite telefone bakamushyira muri kasho.

Hari ukundi muri gereza ugira akantu ukakagurisha ngo ugure wenda agasukari…iyo ubikoze utamunyuzeho agufungira mu kato akubeshyeye icyaha runaka icyo akunda gukoresha ni ukubeshyera ko ufite Telefone. Muri make ni system ikorera Leta mu kwibasira no gutesha umutwe abagororwa.

Ariko iraswa ry’uwo mugororwa i Mpanga ryatangaje abantu aho havuzwe ko yari atorotse kandi aho yari afungiye hari umurinzi kandi hanafunze ikindi akaba yararasiwe mu gipangu kandi imbere gato y’aho yari afungiwe.

Umusomyi wa The Rwandan