Gilbert Mwenedata yashinze ishyaka rya Politiki.

Gilbert Mwenedata n'umuryango we

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Kanama 2018 aravuga ko Bwana Gilbert Mwenedata wigeze gushaka kwiyamamaza  ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu Rwanda yashinze ishyaka rya Politiki.

Nk’uko itangazo rishinga iryo shyaka ribigaragaza ngo ryashingiwe mu mujyi wa Washington muri Leta Zunze utbumwe z’Amerika, Gilbert Mwenedata aribereye Perezida naho uwitwa Charles Musabyimana akaribera umunyamabanga mukuru.

Iryo shyaka ryiswe IPAD-RWANDA bivuze People’s Initiative for Democratic Alliance mu cyongereza, Initiative du Peuple pour l’Alliance Démocratique mu gifaransa , nano mu Kinyarwanda rikitwa URUNANA RW’ABANYARWANDA BAGAMIJE KWIMAKAZA DEMOKARASI.

Kuba iri shyaka ryashinzwe ku itariki ya 4 Kanama 2018 ngo si igitangaza kuko ngo iyi tariki irakomeye mu mateka y’u Rwanda nk’uko bigaragara muri iri tangazo ritangiza ishyaka. Ngo hashize umwaka, tariki 4 Nyakanga 2017 habaye amatora yimitse Perezida Kagame muri manda ya gatatu yari inyuranyije n’amategeko. Tariki ya 4 Kanama 1993 ngo hashize imyaka 25 hashyizweho umukono amasezerano ya Arusha abanyarwanda benshi bari bafitiye icyizere ko azarangiza intambara n’imyiryane.

intego zaryo ni:UBUMWE, UBUFATANYE N’UBUTABERA: IMBARUTSO Y’AMAHORO ARAMBYE NA DEMOKARASI MU RWANDA 

Hano hasi murahasanga itangazo rishinga ishyaka IPAD-Rwanda mu rurimi rw’icyongereza:

Memo for Launching IPAD Rwanda