DISCOURS Y’UMUKURU W’IGIHUGU Dr PAUL KAGAME NUMVISE YIVUGURUZA.

    Kubona ubutunzi n’ubuzima bwiza ntibigomba guca mu nzira mbi, kandi ubwo butunzi ntibugomba kurindishwa intambara mu mwanya w’ibitekerezo. Kimwe n’uko umutungo w’umuntu ku giti cye utarindwa na rusange mu gihe uwo muntu we avugako atabarinda ahubwo yabamarisha.

    Gutekereza/kureba kure bigomba gutangirira hasi, ntugire etape utaruka.

    Ubundi ikibazo si intore, ikibazo ni ubutore cyangwa ibitekerezo, n’ingengabitekerezo bya gitore.

    Ibi bikubiyemo umugambi mwiza wo gushaka ubutunzi. Intore ni nziza, zizi gushaka amaramuko n’iterambere.

    They think big! The only problem is that they think big without thinking.

    Ariko inzira zikoreshwa mu kubona ibyo byiza ni inzira zibivuguruza. Hari iterabwoba, inzara, genocide n’ubundi bwicanyi. Ubushotoranyi no kuvugira mu ruhame ko gupfa cyangwa guta ubwo butunzi nta cyo bitwaye. Wabushakiye iki? Cyangwa kuko wabubonye mu nzira zitari nziza nawe urabizi ko ubutijwe? Erega n’umusirikare ni umuntu kandi ukeneye kubaho. Kandi n’umuntu uguhangira imirimo yo gupfa hari indi myinshi yagahanze ntaba agukunze. Ngo ”turinde ibyagezweho ducika amaguru, baturasa, turwana n’abanyarwanda bagenzi bacu. Mubyumve kimwe nanjye”

    KWA GUTEKEREZA KU BIRENZE KW’INTORE(THINKING BIG) RERO KUBURIZWAMO NO GUHUBUKA ZIGATEKEREZA KU BINTU BININI ZITATEKEREJE KU TUNTU DUTO.

    Ni nk’uko wajya kwiga university utarize primary na secondary. Ari byo n’intore zikora aho zica primaire zikajyana abayizemo nabi kwiga muri Amerika nkaho hari icyo byatanga.

    Aho zubaka amazu nk’ayo muri Amerika zigakekako kuba yubatswe n’umunyamerika cyangwa umuja w’abanyaUS (abanyaturikiya) bigira umunyarwanda inzobere izi kubaka ayo mazu. Kuba umunyamahanga azi kuyubaka, ataradukeneye ngo tuyubake, aho yahereye ni ho tugomba guhera twiga kuyiyubakira kugirango tudataruka primaire tukajya university.

    Gusa ibyo byose uko byaboneka kose tubishimira ubwiza n’akamaro bitugirira.

    Iriya nzu nziza cyane kwifuza ko idasenywa ni byiza. Ushaka kuyisenya nanjye ndi hano kuri internet ngo murwanye.

    Ariko uzayisenya wa mbere ni uzafatanya n’abandi kuyubakisha, agahindukira akababeshyako yayubatse akongera ati ni iyanjye mbarusha intambwe. Ibi binyura mu burezi. Aho umwana ahabwa amashuri azatuma abasha kuyibamo undi akazahabwa atazatuma yanayikorera amasuku, nyamara uwo w’amasuku yanayubaka.

    Aho igikorwa nka kiriya kiba privatized kandi atari no ku muturage ahubwo ari ku mukozi usanzwe wa Leta kijya

    Umuntu ukora ibyo bintu ni we usenya kurusha uwaturuka hanze. Ikindi kandi, usenya ashobora kuba atabizi, ariko yakabimenyeye aha. Abanze acunge uko ahandi bimeze, ubundi ambwire.

    Hari n’aho Gitimujisho yavuzeko ibi twandika, uwihariye urubuga aba ari mu kuri. Aha ho turemeranya kuko guhimba ibinyoma biragora ugereranyije no kwandika ibyo ubona. Ntago ari we wenyine uzi ko ndi mu kuri, nanjye ndabizi ko ndi mu kuri kandi amateka aragaragaza abanyuranya nanjye ko batakunze guhirwa n’iyi si ihana.

    Ahanini intore ziratekererezwa cyane kurusha uko zitekereza. Ibyo rero bikazitambamira mu kuzana udushya tutangiza.

    No gutanga ibitekerezo bigasaba kuzihemba kandi bitangirwa ubuntu dore ko bitanavuna mu gihe udashakisha uhimba ibinyoma.

    Muri make, nubwo Kagame yasabye abantu guhuza imyumvire nawe, sinababuza kandi turi muri democracy, ariko icyo nabwira abiyemeje gufata icyo cyemezo cyo kumwizera nk’uwizera Yesu, Kagame ntago ari kimwe na Yesu.

    Ibiryo aha intore bagenzi be ni ibyo yiba ahantu hatandukanye harimo n’abaturage ashinzwe kugaburira, mu gihe Yesu we byavuye mu ijuru. Nta hantu berekana ko Yesu yabaga yabyibye.

    Kwizera Yesu nta kibazo, ariko kwizera Kagame bizabagwa nabi ncuti zanjye.

    Aha nibanze ku biryo kuko ari byo Kagame aha abantu ngo babe intore.

    Nongera kwibanda ku nzu kuko Umukuru w’igihugu yifishishije urugero rw’inyubako ya Kigali Convention Center iherutse kuzura itwaye akayabo ka miliyari zirenga 200 z’amanyarwanda mu kugaragaza aho ahagaze mu kutihanganira uwageregeza kuvogera u Rwanda no guhugabanya umutekano warwo kandi ashimangira ko n’Abanyarwanda bakwiye kugira iyo myumvire.

    GUSA ICYO NABWIRA INTORE CYANGWA KAGAME NI UKO YAREKA KWITIRANYA INZU N’IGIHUGU.

    NK’UMUNYAPOLITIKE, IGIHUGU YAKAMENYEKO ARI UBUTAKA, ABATURAGE NA LETA. IBYO BINDI BY’INZU N’IMITUNGO BIZA NYUMA. KANDI BIDASARANGANYIJWE BISHOBORA KWANGIZA IGIHUGU.

    “Erega n’iyo bibaye ngombwa kugiharanira, kukirwanira urabikora. Umuntu arwanira ikintu cye gifite agaciro yumva gifite agaciro .Nk’ibi mujya mwumva abantu bashobora gutobanga ibyo abantu bubaka, nk’iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi. Oya, Hari abo bitera isoni ariko jye ntabwo bintera isoni nabamererera nabi rwose…”Perezida Kagame

    tugomba gutandukanya abifuza gusenya inyubako n’abagize uruhare mu iyubakwa ryayo bakaba bashaka ko inyungu ku nyubako zajya zisaranganywa.

    Ni byo hari abifuza gusenya ndabyemera. Aba bagundira ubutegetsi bakica uburezi.

    NUBWO IKIRAHURE CYUZUYE, KUBUGUNDIRA SI WO MUTI KANDI UBUSHOTORANYI KU BATURANYI BUZAGUTUKISHA.

    Emmanuel Kavenya