IMITIMA IBUNGA: IGICE CYA 1

By Jean-Jacques Bigwabishinze

« Umugambi ni umwe : urukundo rw’u Rwanda no kuzahora mwibuka. »

            (Cécile Kayirebwa, Ubutumwa, 2014)

Ese ni irihe jambo

Ry’imaragahinda

Nabwira umubyeyi

Wapfushije imfura ye ?

Ni ibihe biganza 

Byafata mu mugongo

Bikamara n’igihunga

Umutegarugori wahogoye ?

Ni ibihe bihozo

Naheraho nguhoza

Ngo ngusubize ihumure

Ngira nti « mpore ! » ?

Sheja yari ishema ryawe

Nawe ukaba Mukashema

Ugahora umwishimiye

Ugahora ushimira Imana.

Sheja yaranshavuje cyane

Kandi ntarigeze mumenya

Ngo antetere uko bukeye

Mporane akanyamuneza.

Birumvikana rero

Ko ishavu ry’umubyeyi

Wamureze amukunze

Rirenze uruvugiro.

Ni nde muntu nyamuntu

Utagira ishavu ryinshi

Yumvise umubyeyi

Uririra umwana we ?

Yatabarutse atakamba

Ataha ijabiro mu ijuru

Umujinya w’abamwishe

Ugishegesha ba nyirawo.

Ndasaba Nyagasani ubudasiba

Ngo amaraso y’uwo mumarayika

Azabere u Rwanda umusemburo

W’amahoro asendereye.

Reka nsubize amaso inyuma

Ndebe no mu mateka

Mbwire uwaba atayazi

Ubutumwa bwa Nyiratunga.

Uwo mugabekazi wa Gahindiro

Yakundaga ibibondo

Atuma no kuri rubanda

Ati « abatoya ntibagapfe ! »

Kera twe Abanyarwanda

Twarangwaga n’imyumvire

Yo kubaha ubuzima

Mu cyo twitaga imiziro.

Kwarurira inyoni itera

Kwica inyange n’inyamanza

Nta n’uwigeze abirota

Ngo Imana itabimuryoza.

Kera umwana yari umwami

U Rwanda rutarinjirwamo

Ngo Abanyarwanda bamarane

Igihugu cyikore mu nda.

Uretse n’umwana uva amaraso

N’agati iyo kitwaga umwana

Kahabwaga agaciro

Kugacana kikazira.

Kubera umutima mwiza

Uhuza bene Kanyarwanda

Uri ishema ry’i Gasabo

Izina rikaba umuntu !

Reka nkunganire rero

Nkusanye amagambo

Muri urwo rugamba

Rwo kunga Abanyarwanda.

Bijya gutangira kuba umwaku

Umwami yimwe ijambo

Umuco w’imvamahanga

Usunika uwacu gakondo.

Imyaka irenga igihumbi

Uru Rwanda mureba

Rwategetswe n’abami

Nk’ibindi bihugu ku isi.

Rugatungwa n’imigenzo

Rugahora mu mihango

Rukagira n’amabanga

Abiru bakayarinda.

Aho Umuzungu arugereyemo

Yigishije amatwara ye

Yo gushyiraho abatware

Binyuze mu matora.

Ati « umwami ni rubanda

Ni bo bashyira ku ngoma

Umuyobozi bashimye

Agategeka igihe agenewe.

Iyo akunzwe n’abaturage

Cya gihe cye agicyuye

Asubira gukeza rubanda

Ngo bamwongeze manda.

Uwo banze akigizwayo

Bagatora undi bashatse

Irage ry’abami rya kera

Ntirizongere kubaho.

N’imitegekere y’uturere

No gusaranganya umutungo

N’imicire y’imanza

Ntibigenwe n’umwami gusa ».

Yadukana icyo gitekerezo

Aza acyita amategeko

Azagenga umwami na Karinga

Akarengera abaturage.

Inyigisho za demukarasi

Bamwe bazisamira hejuru

Bijujuta ku mugaragaro

Bahakana kuba abagaragu.

Mirongo itanu n’icyenda

Imvururu ziravuka

Mu gukuraho ubwami

Hatotezwa ubwoko.

Muri iyo myivumbagatanyo

Bamwe bavutswa ubuzima

Abandi baratwikirwa

Benshi bahunga igihugu.

Nta wuhunga amahoro

Ngo asige isambu y’abasekuruza

Ajye kwangara mu mahanga

Ahore atuye mu nkambi.

Nta wuhara aho yavukiye

Ngo ajye kubunza akarago

Ashakisha imibereho

Aho yitwa umwimukira.

Haciyeho imyaka ibiri

Ubwami buracibwa

Repuburika iravuka

Ndahindurwa arahunga.

Impunzi zari hanze

Ziremamo umutwe

Witwaje intwaro

Ugahungabanya inkiko.

Umututsi mu gihugu

Akaryozwa ibyo bitero

Amaraso ye agaseswa

N’urokotse agahungabana.

Imvururu za hato na hato

Zigahungabanya rubanda

Uwo zidahitanye agatoroka

Agatorongera atarora inyuma.

Hari n’aho byageze

Abanyeshuri barirukanwa

Abakoreraga Leta na bo

Birukanwa ku kazi kabo.

Aho ituze riziye

Hamamazwa ubumwe

Hashyirwaho iringaniza

Abantu barahumeka.

Ikibazo cy’impunzi

Gikomeza kuzambira

Kiba ingorabahizi

Nticyavugutirwa umuti.