IMITIMA IBUNGA: IGICE CYA 2

Yanditswe na Jean-Jacques Bigwabishinze

« Umugambi ni umwe : urukundo rw’u Rwanda no kuzahora mwibuka »

            (Cécile Kayirebwa, Ubutumwa, 2014)

Nabonaga ibigabiro

Mu matongo y’abagabe

Byatwigishaga amateka

Bidakoresheje amagambo.

Bambwiraga ibibuye

Bya Shali na Bagenge

Byagenwe n’ubugenge

Bw’igihangange Ruganzu.

N’umukindo wa Makwaza

Aho Ruganzu Ndoli

Yivuganye umuhinza

Nyaruzi rwa Haramanga.

Nasuye igisozi cya Huye

Aho umwamikazi Nyagakecuru

Yari yicaye ku ntebe

U Bungwe bukigenga.

Bambwiraga Munyaga

Aho Rwanda na Gisaka

Byahaniraga imbibi

Rutaragurwa na Rwogera.

Bambwiraga urutare

Hakurya ya Ruhango

Rwitiriwe Kamegeri

Hafi ya za Kigoma.

Bambwiraga Nyakayaga

Aho igikomangoma Semugaza

Umutware w’Urukatsa

Yatsindiye Abakotanyi.

Narebaga u Butantsinda

Aharasaniye Ibisumizi

Byiganaga Rusenge

Ruganzu amaze gutanga.

Narebaga na Nyanza

Kuri Mwima na Rwesero

Habaye umurwa w’u Rwanda

Mu rwimo rwa Musinga.

Nibukaga na Shangi

Aho intwari Bisangwa

Yahanganye n’Abazungu

Ku ngoma ya Mibambwe.

Natekerezaga ubwiza

Butatse Mibilizi

Aho igiti cy’ikawa

Cyabanje mu Rwanda.

Narebaga Amazinga

Y’umwami Kabeja

Ajagata ibikoko

Aho bitaga Mubali.

N’agasozi ka Save

Intango ya Kiriziya

Na misiyoni y’ibanze

Yabanjirije Zaza na Rwaza.

Ni ho umupadiri wera

Yabanje gutura

Agatizwa umurindi

N’umutware Cyitatire.

Bambwiraga zahabu

Yuzuye muri Nyungwe

Ishyamba ryo mu rugabano

Rwa Gikongoro na Cyangugu.

Bambwiraga icyayi

Gisoromwa i Gisakura

I Ntendezi na Shagasha

No mu mibande ya Mulindi.

Narebaga n’amashyuza

Ashyushye yo mu Bugarama

Nk’amazi yenda kwatura

Avura amavunane n’imvune.

N’amashanyarazi ya Rusizi

Asanganira aya Ntaruka

Bigahurira i Gitarama

Za Gitisi na Nyamagana.

Narebaga udushyamba

Dutwikiriye uducyamo

Twihishemo ibihunyira

Ibishwi n’ibibiribiri.

Narebaga imihanda

Itumukamo ivumbi

Isigasiwe n’imisave

N’ibitsinsyi by’inturusu.

Nabwirwaga ibirayi

Mu karere k’urukiga

Byabyiganaga n’amakoro

Bigakungahaza abahinzi.

Narebaga amacukiro

N’inzuzi ziyacucitseho

Zihetse imyungu n’ibihaza

N’uducuma tw’imikuza.

Narebaga inshinge n’umukenke

N’amatete yuzuye inkenke

Zo kubaka insika

No gusakaza ibisenge.

Narebaga imisambi

Iteze amasunzu mu murago

Aho abari b’iwacu

Bajyaga guca ubwatsi.

N’abagore bateze urugori

Bakereye ibirori

N’abasore bakiranaga

Bahana inda ya bukuru.

Narebaga ingaragu

Zicukura ibijumba

Byo kotsa runonko

Mu masinde y’impeshyi.

Narebaga abakobwa

Bizihiwe n’impeshyi

Bahuriye mu rubohero

Baboha udusuna n’uduseke.

Narebaga ibisabo

Biboga amacunda

Bincira amarenga

Y’ubukungu bw’u Rwanda.

Narebaga incuke

Zicaye ku murongo

Zihererekanya ibyansi

Zirigata n’urusomero.

Narebaga abatunzi

Bahiraga icyarire

Cyo gusasira imbyeyi

Mu minsi y’urushyana.

Numvaga abashumba

Ku mabanga y’imisozi

Batukana bifashe ku gahanga

Mu nganzo ya rwoma.

Numvaga abungeri

Baririmba amahamba

Imitavu mu ruhongore

Yabumva ikavumera.

Narebaga amabuga

N’amariba yuhira inka

N’ibizinzo by’ibiziranyenzi

N’ingo nziza z’imiyenzi.

Najyaga no kuvumba

Mu bavandimwe banjye

Bakanyicaza ku muvure

Ngo ntararana inyota.

Nabonaga abaturanyi

Bakikije intango

Ngo bikize icyaka

Bavuye mu budehe.

Narebaga umuvumba

N’imvura y’umuvumbi

Yahimbazaga abahinzi

Ikabazanira uburumbuke.

N’uruyange rw’amashaza

Muri Gicurasi na Kamena

Amahundo y’amasaka

Yiteguye umuganura.

Twahuraga inyana

Twiruka mu bigarama

Dusimbuka inkiramende

Dutera umuhunda.

Naryaga amatugunguru

N’iminyonza n’imisagara

Nicaye ku mugina

Aho nakuraga ubuhura.

Nahuraga ihene z’iwacu

Ku gicamunsi cy’amabengeza

Izuba rijya kurenga

Mu mpinga za Karongi.

Twacukuraga inanka

Twemeye inka mu rwuri

Tuvumbura inkwavu

N’inkware mu bihuru.

Nakundaga ijoro riguye

Amajeri akariha ikaze

Ibikeri bikagonga

Ibicaniro bigacumba.

Nabonaga n’ukwezi

Kwaka inzora kwizihiwe

Aho abakuru bataramaga

Abana bagakina ubute.

Numvaga ingoma zisuka

Zasasa imisango

Zunganira impundu

Mu guhimbaza ibirori.

Narebaga abahigi

Bakereye umuhigo

Bagashoka amashyamba

Bagatahukana impongo.

Numvaga abakambwe

Birahira abatware

Kandi ingoma ya cyami

Yaritwaga ruvumwa.

Narebaga imizinga

Abavumvu begetse

Mu migenge n’iminyinya

Mu gihugu cy’amata n’ubuki.

Narebaga za rusake

Zibikira mu rutoki

Inkokokazi zihamagara izazo

Iz’amashashi ziteteza.

Narebaga ibitoki

Bitembana imihembezo

Umununi urara inkera

Ku buki bw’umukanana.

Narebaga amapfizi

N’amapfupfu y’izo mpfuruta

Zivugiraga mu bihogo

Ibikombe bigakomangana.

Narebaga ikawa

Yabaye uruhisho

Abahinzi bayisoroma

Mu mezi y’isizeni.

Narebaga imigezi

Iharaze ibisiza

N’imigende idatuza

Gutemba mu bibaya.

Narebaga Kigali

Ikataza mu kwaguka,

Yunguka amabarabara,

Yubaka n’amagorofa.

Narebaga Jali

N’iminara yikoreye

Ihabura abagenzi

Nk’ikirunga cya Muhabura.

Numvaga inuma y’igugu

Iguguza haruguru y’urugo

Mu giti cy’umuvumu

Mu itongo rya sogokuru.

Narebaga za nyirabarajonga

Zitaha mu bibunga

Ziguruka kuri gahunda

Zitera intugunda.

Maze nkaruca nkarumira

Nkirinda kuzigana amajwi

Ngo ejo mama wambyaye

Atazava aho asendwa.

Narebaga ibijwangajwanga

Bishugurikana urujya n’uruza

Byubaka ibyari mu bishugi

Byitegura gutera no guturaga.

Narebaga amasandi

Asambira imbagara

Yo kubaka inyumba

Mu rubingo rw’iwacu.

Narebaga inyange

Zihaze uburondwe

Ziguruka zitaha,

Zihunga akabwibwi.

Narebaga intashya

Zigurukana inkubito

Nk’iziturutse ikantarange

Zinzaniye intashyo.

Nkibwira mu mutima

Nti « koko u Rwanda ni rwiza

Nta gihugu cyo ku isi

Cyaruhiga uburanga ! »

Maze nkabunza imitima

Nkazirikana impunzi

Zitakibona ibyo byiza

Zigahorana urukumbuzi.

Nkazirikana iziri Tanzaniya

N’izo mu misozi ya Masisi

N’izo mu nduri z’i Burundi

N’izo mu ndaro z’u Bugande.

N’ubwo nari umwana

Nibazaga ubudasiba

Nti « abo bana b’u Rwanda

Bazataha ryari ? »

Ngasaba Imana y’i Rwanda

Ngo irinde izo mpunzi

Abo bavandimwe bacu

Ntibazahere ishyanga.

Ababyeyi bambyaye

Banderanye urukundo

Akarengane kose

Nkakanga urunuka.

Uretse no ku bantu

Dusangiye isano

No mu migani banciraga

Ari imigufi, ari imiremire,

Uwarenganaga wese

N’uwahoraga mu butindi

Banteraga intimba

Ntibimbuze kurira.

Ngasanga uru Rwanda

Dukesha Gihanga

Rutubereye twese :

Abatutsi, Abatwa n’Abahutu.

Ngasanga igisubizo

Atari amaraso y’abandi

No guteza intugunda

Muri bene Kanyarwanda.

N’iyo rwaba rutoya

Ntirwabura kudutunga

Turuhaye agahenge

Ntiduhore dutemana.

Aho kurusobeka imisoto

No kurwubaka inkike

Turaruhoza ku nkeke

Rugahora ruhirima.

Aho kurubibamo ineza

Duhora mu by’amazuru

Tureba ubunini bwayo

Dusumbanya abantu.