IMITIMA IBUNGA: IGICE CYA 4

By Jean-Jacques Bigwabishinze

« Umugambi ni umwe : urukundo rw’u Rwanda no kuzahora mwibuka »

            (Cécile Kayirebwa, Ubutumwa, 2014)

N’ubwo bangana urunuka

Bakitana bamwana

Interahamwe n’Inkotanyi

Basa n’abahuje umugambi.

Bamennye amaraso menshi

Barayashinjwa bakishaririza

Aho kwicuza icyaha

Bigira nyoninyinshi.

Abasirikare b’Inkotanyi

Bagwa mu mutego w’amoko

Umuhutu wese yitwa Interahamwe

Bakirenza uwo bahuye na we.

Imirambo y’Abatutsi

Yari itarashyingurwa

Bayigerekaho iy’Abahutu

Bahutaza uwari ugihagaze.

Bati « ushaka gukora umureti

Abanza kumena amagi ! »

Bica abantu batabarika

Bakora umureti w’amaraso.

Mu kwigarurira igihugu

Inkotanyi zirimbura abantu

Mu gukora ayo mahano

Ntizigera zicika intege.

Nyuma y’itsembabwoko

Mu gihugu habaye impinduka

Abari biringiye Inkotanyi

Baheza amaso mu kirere.

Mu bicanyi ruharwa

Bari barishe Abatutsi

Abatishwe mu ihora

Bajugunywa mu buroko.

Ariko n’uzira ubusa

Bamuroha muri gereza

Imfungwa ziracucikirana

Zigahora zihagaze hanze.

Imvura yagwa ikazinyagira

Izuba ryava rikazitwika

Hehe no kwicara mu gacucu

Macinya yaza igaca ibintu.

Ucitse ku icumu

Rya korera na macinya

Akaborera muri kasho

Akahacikira amano.

Abantu barapfa impande zose

N’uhungiye mu buvumo

Bakaza kubumuvumburamo

Bakamuvutsa ubuzima.

N’abiringiye Bikiramariya

Bagahungira i Kibeho

Bakahashaka ubuhungiro

Iz’amarere ntizabibagiwe.

Zanogeje umugambi

Wo kurimbura iyo nkambi

Ziyahuramo amabombe

Ziyuzuzamo imirambo.

Umugaba w’icyo gitero

Atashye aragororerwa

Yongererwa igarade

Azamurwa mu ntera.

Ingoyi igaturitsa agatuza

Utishwe n’amasasu

Ntasogotwe n’inkota

Agahondeshwa agafuni.

Uwahungiye i Bunyabungo

Inkotanyi zirahamusanga

Zimusandaza agahanga

Zimwivugira hejuru.

Zishwanyaguza inkambi

Impunzi zikwira imishwaro

Zomongana mu mashyamba

Zikomeza gupfa umugenda.

Inzara n’indwara zinyuranye

Byibasira Abanyarwanda

Utananguwe n’umusonga

Inkotanyi ikamusonga.

Kongo yuzura amaganya

Amagara aterwa hejuru

Inkotanyi zihinduka ibirura

Zikomeza kwibasira impunzi.

Izo mpabe z’Abahutu

Zikomeza gupfa umusubirizo

N’Abazayirwa babacumbikiye

Barakabona bicanwa n’abo.

Ahantu nyaburanga

Harangaga Kongo

Hahindutse ruvumwa

Kubera imivu y’amaraso.

Igihugu cy’Abashi

Gihinduka ishiraniro

Icumu rigasha inyoko muntu

Rikomeza kwishinga mu mibiri.

Mu gihugu cy’Abahavu

Hatemba imivu y’amaraso

Ihaca imihavu nk’isuri

Isi yose irasuhererwa.

Biyara, Uvira, Bukavu,

Kagunga, Rugungi, Kanganiro,

Shimanga, Nyangezi, Nyamirangwe,

Nyantende, INERA, Gashusha,

Adi-Kivu, Kamanyora, Warikare,

Kariba, Karehe, Muhara,

Rakiveri, Gatare, Gahindo,

Kibumba, Goma, Nyiragongo;

Rugari, Rumangabo, Bunagana,

Sake, Jomba, Rucuru, Rubero,

Minova, Gasese, Masisi,

Mushweshwe, Rumbishi, Hombo;

Rubutu, Mwijana, Musenge,

Ubundu, Mbandaka, Bwende,

Panzi, Gashovu, Bugarura,

Kabira, Nyamukubi, Numbi;

Biroro, Mboko, Ruwaraba,

Gisangani, Shanje, Tingitingi,

Moba, Amisi, Manyema,

Shabarabe, Gisesa, Byaro;

Wenji, Shabunda, Karemi,

Karima, Sekere, Rusayo,

Mushaki, Gatoyi, Kibabi,

Humure, Rukaraba, Mbeshimbeshi;

Ngungu, Mweso, Nyagisozi,

Shibu, Pinga, Matanda,

Obiru, Mayiko, Shambusha,

Rebeka, Kubuwa, Nganga;

Nyakavogo, Mudaka, Remeka,

Kindu, Kingurube, Kamako,

Ijwi, Nyabibwe, Bwaza,

Mwenji, Zongo, Tebero ;

Bokungu, Ingende, Dongo,

Loso, Ililiko, Hitamo,

Irebo, Ziraro, Mfondo, 

Risara, Ikera, Inyere;

Gatana, Hongo, Muku,

Shabahabe, Bideka, Rumonge,

Izirangabo, Muruwa, Rubarika,

Ruberizi, Muningu, Bikoro;

Nkaramba, Kayindo, Gatembe,

Munyanga, Opala, Kanyabayonga,

Ruvungi, Sange, Gitemesho,

Kijengo, Shyute, Birava;

Nzulu, Kinigi, Rubutu,

Penutungu, Bumba, Gikoma,

Kalawa, Bushurungi, Tongo,

Mbujimayi, Kananga, Virunga;

Cuwapa, Ngandapari, Njondore,

Uruzi runini rwa Zayire

Amashyamba y’inzitane

Ibishanga bifobagirana 

Ku mihanda ihuza intara

Mu mavuriro y’indembe

Mu mashuri bihishagamo

Mu dukambi tw’agateganyo…

Nyiramubande y’aho hantu

Na n’ubu irakivugiza

Kandi yuzuyemo induru

Y’ibirundo by’imirambo.

Uwabonye ayo makuba

Asa n’uwabonye iby’ikuzimu

Atarahinduka umuzimu

Ibyo mwumva si amazimwe !

Nyamara sindaheba u Rwanda,

Kuko rukirangwamo imfura

Zirubereye urumuri

Mu gicuku cy’amacakubiri.

Namenye Abahutu benshi

Batishinze amabwire

Y’ubutegetsi bwariho

Bwashishikarije kwica.

Ntibabuze gutabara

Abahigishwaga uruhindu

Ntibashyizeho n’amarondo

Yo kuronda Abatutsi.

Hari benshi bazwi

Batanze ubuzima bwabo

Banga kuva ku izima

Bapfana n’izo nzirakarengane.

Itsembabwoko ririmbanyije

Kuri paruwasi ya Mukarange

Hahungiye impunzi

Zihizeye amakiriro.

Padiri mukuru waho

Azijya hagati arazimana

Interahamwe zimwihanangiriza

Ngo ni Umuhutu nazibegurire.

Uwo mupadiri Bosiko

Atera abicanyi utwatsi

Ati « mwa birura mwe

Nimureke kundira intama ! »

Ba bicanyi ntibabikozwa

Batera ibisasu mu rusengero

Uwo bitishe biramukomeretsa

Na padiri baramwivugana.

Nabonye abapfakazi

Bahagurukaga mu Mayaga

Bakagenda n’amaguru

Bakigaba i Butare

Bakajya kurengera abagororwa

Bagatanga ubuhamya

Bagira ngo babunganire

Kuko bafungiwe akamama.

Ntibaciwe intege

N’abarindaga gereza

Babitaga abasazi

Bakabarebana agasuzuguro

Bakabagira inama

Yo kutavuganira « interahamwe »

Bakigumira mu rugo,

Bakigirira akamaro.

Numvise umupfakazi

Wapfushije imfura ye

Yihanangiriza Abanyarwanda

Kudahora mu nzangano.

Kuba yarapfushije umwana

Ntibyazanye umwaga

Muri uwo mubyeyi

Ngo ahore ahekenya amenyo.

Ababisha bamuhekuye

Ntibatumye asharira

Ngo ashishikaze abazirana

N’abashaka kumarana.

Hari abagiye mu bitero

Byahigaga Abatutsi

Bagira ngo bayobye uburari

Kuko bari bahishe abantu.

Hari n’ubuhamya bampaye

Bw’abasirikare b’Inkotanyi

Baciraga icyanzu

Abagotwaga ngo bicwe.

Iyo nkuru y’imvaho

Nakekaga kuba impuha,

Yampaga icyizere,

Nti « ntabapfira gushira ! »