IMITIMA IBUNGA : IGICE CYA 5

By Jean-Jacques Bigwabishinze

« Umugambi ni umwe : urukundo rw’u Rwanda no kuzahora mwibuka »

            (Cécile Kayirebwa, Ubutumwa, 2014)

Naraye ndose inzozi

Zatumye nizera

Ko ejo hazaza h’u Rwanda

Hazaba hameze neza.

Nabonye uru Rwanda

Rwambaye umucyo wera

Kandi rwererana de

Nk’izuba rirashe.

Hazabaho ibihe byiza:

Agaca ntikazacakira agahore,

Intare ntizatamira agatama

Kazaza kuyitamba imbere.

Nta gikoresho cy’ubuhinzi

Kizongera kugirwa intwaro

Yo kurimbura ubwoko:

Imbugita itagimba,

N’imbunda za kirimbuzi,

Bizashorwa mu ruganda,

Bihindurwemo imishyo

Yo guhatisha ibijumba.

Byo n’umuhoro n’ubuhiri,

Hazasigara kimwe rukumbi

Cyo kwigisha amateka

Mu nzu z’umurage.

Icyo gihe nikigera, 

Tuzasezerera intambara,

Maze duture mu ituze,

Dushinjagirane isheja.

Nta mubyeyi wibarutse

Uzongera kujisha urugori

Ngo asigare mu bwigunge

Kandi atari ingumba.

Nta muntu n’umwe

Uzagira uburenganzira na bunzinya

Bwo kumwica no kumwicira

Ngo amuce ku rubyaro.

Umwana wese uzavuka,

Akaba adapfuye urusanzwe,

Azarukuriramo, arusaziremo,

Yizihizwe n’abuzukuruza;

Nibirimba abone ubuvivi,

Nk’uko kera byahoze,

Abakurambere bacu

Bacyubaha ubuzima.

Amarira n’amaraso

Ntibigahore muri gatebegatoki

Ngo bihore bitemba mu gihugu

Kitabuzemo ubuki n’amata.

Urukundo karande

No gushyira mu gaciro

Bizaca burundu

Ubwicanyi mu Rwanda.

Nta Munyarwanda n’umwe

Uzongera kwihandagaza

Ngo yivugire ku murambo

W’uwo basangiye igihugu.

Mu nzira za muntu,

Kwishimira amaganya

Y’umuturanyi wawe

Ntibikwiye kutubaho.

Uburinganire bw’Abanyarwanda

Nta kizabubangamira ukundi

Niduhagurukira icyarimwe

Tukabwakirana ubushake.

Nta muturage n’umwe

Ukwiye kuba igice

N’igicibwa mu gihugu

Azira ubwoko abarizwamo.

Mu gusenya inkuta karande

Zitandukanya Abanyarwanda,

Dukwiye gushyira hamwe,

Tugasenyera umugozi umwe.

Imbibi z’inzangano zizasibangana,

Kurenganya abandi bibe umuziro,

Duture hasi umuzigo w’inzigo,

Dusangire akabisi n’agahiye.

Mureke tuve mu mibande

Y’irondakoko n’agahinda,

Duterere mu mpinga y’urumuri

Rw’ubutabera burengera bose.

Muhaguruke turwanye ubutindi,

Aho gukaraga iminega

No guhora duterana agahinda

Ngo tugeze ibintu iwa Ndabaga.

Dore impeshyi y’amashyari

Izarangirana na Kanama,

Umuhindo nuhindukira

Utuzanire ubuvandimwe.

Umutwa nabumbe akabindi,

Umututsi agatereke,

Umuhutu agasendereze,

Tukanyweremo igihango.

Ayo moko yose asome,

Nta wunena undi,

Nta wukurura umusa

Ngo acure abo bicaranye.

Ntidukikize intango

Ngo aho kuyuzuza inzoga

Tuyikonozemo urwango,

U Rwanda ruhore runywa nzobya.

Amoko yacu ni impanga,

Arafatanye, ni ikimane,

N’ubusugire bwa buri wese

Busobekeranye n’ubw’undi.

Urukundo ufitiye undi,

Nawe uba urwikunda,

Wahohotera undi muntu,

Ukagarukwa n’ayo mahano.

Ntitunangize imitima yacu :

Iri hame ridakuka

Rirasaba Abanyarwanda

Kwitwara nk’umubiri umwe.

Nk’uko ino risitara

Ururimi rugatabaza ;

Ubwonko bwatokorwa,

Ururimi rukigobeka ;

Abanyarwanda nibasigasirane,

Boroherane muri byose,

Bahorane amahoro iteka

Nk’agati kateretswe n’Imana.

Amoko atatu agize igihugu,

Nabane akaramata

Nk’ubutatu butagatifu,

U Rwanda rutengamare.

Ukwezi kwaka inzora

Kuzatuzanira ituze,

Umwezi ube umukwira,

Umucyo usakare mu Rwanda.

Umuseke usesuye

Uzatambikira mu Mubali,

Wahuranye imisozi igihumbi,

Umurikire n’uburengerazuba.

Igitondo gitangaje

Kizaganza umwijima;

Ubucakara bw’amacakubiri

Buzacika mu bantu.

Ikinyoma n’uburiganya

Bizayoyoka nk’igihu;

Injishi y’ivangura n’ubusumbane

Icibwe n’imico myiza.

Wa mugani w’umusizi:

Duhane ikiganza,

Dusangire ingendo,

Duhuze umugambi.

Aho guhora turasana,

Dusabane i Busasamana,

Dusezerere amarorerwa

Twagize akamenyero.

Nimusubize inkota mu rwubati,

Mushinge icumu mu ntagara,

Mureke kugwiza ibicumuro,

Itsembatsemba ntiryibaruka intwari.

Nimuze mucane uruti,

Mureke kuba abacanshuro

N’abacakara b’amacakubiri;

Nimuve ibuzimu mujye ibuntu.

Nimusezeranye Sheja

Wapfuye atagira inenge

Ko mutazongera kwicana 

No gucucuma Abanyarwanda.

Aho mwakigaba hose

Mubwire uwo mumarayika

Ko mutazongera kugoma

No gushoza imiborogo.

Nimwizeze uwo mwana

Ko musezereye umwijima

Mugahobera imigabo 

Y’urukundo n’amahoro.

Akababaro gakabije

Abanyarwanda bahuriyeho

Kazabahuriza ku ntego

Yo kwimakaza amahoro.

Burya ngo ahari ubuhoro

Umuhoro na wo urogosha,

Agakecuru kagashigisha,

Kagasurwa n’abuzukuru.

Aho umwaga utarangwa

Uruhu rw’imbaragasa imwe

Rukisasira abantu batanu 

Baruta umunani barasana.