Impaka zibera mu rugo kwa Kagame buri gihe Ange aba ashyigikiye Se!

Mu ijoro ryakeye, Golden State Warriors yananiwe kwisubiza igikombe itsindwa na Cleveland Cavaliers ya LeBron James wanabaye MVP w’uyu mwaka.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yashimiye iyi kipe asobanura ko mu rugo rwe benshi bari bashyigikiye Cleveland, ndetse iyi ntsinzi yakemuye impaka.

Ati “Ariko kandi byafashije gushyira iherezo ku mpaka zishyushye mu rugo rwacu, aho bafanaga ikipe imwe ari benshi kunduta.Bose bari inyuma ya LeBron na Cavs.”

Perezida Kagame yahishuye ko umukobwa we Ange Kagame ariwe wari umuri inyuma, ati “Uretse umukobwa wanjye wagerageje kunyiyungaho ariko nawe yafanaga 60% Cavs na 40% Golden State Warriors kubera njyewe!!”

Inkuru irambuye>>>