Indege y’intambara y’u Rwanda yavogereye ikirere cy’u Burundi

Anicet Ndayizeye, Guverineri w'intara ya Kayanza

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu nama yahuzaga 21 mu mashyaka 32 yemewe mu gihugu cy’u Burundi yaberaga mu ntara ya Kayanza mu rwego rwo kwitegura amatora yo mu 2020, kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Kanama 2018, Guverineri w’intara ya Kayanza yatangaje ko indege y’u Rwanda yavogereye ikirere cy’u Burundi.

Guverineri w’intara ya Kayanza Bwana Anicet Ndayizeye muri iyo nama yarimo na Ministre w’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi, yemeza ko indege y’intambara y’u Rwanda yavogereye ikirere cy’u Burundi. Ngo ikibahangayikishije ni umuturanyi wabo (u Rwanda). Ngo ni abayobozi b’u Rwanda babi si abaturage b’abanyarwanda. Abo bayobozi ntibasiba gukora ibikorwa bishotora u Burundi.

Mu gusobanura iby’iyo ndege y’intambara y’u Rwanda, Guverineri wa Kayanza yagize ati:

“Ku batabizi, tariki ya 13 z’ukwezi gushize, indege y’igisirikare cy’u Rwanda yavogereye ikirere cy’u Burundi muri Komini Kabarore y’intara ya Kayanza yinjira mu Burundi ibirometero 4 ireba ibirindiro by’ingabo z’u Burundi. Ibi byaraturakaje. Twarifashe. Ibi ntabwo bisobanura ko tutashoboraga kuyihanura ariko nifuzaga ko mwe abayobozi bacu ba politiki mwamenya ubwo bushotoranyi. Ndasaba abashobora kugera ku bayobozi b’u Rwanda ngo bababwire ko ibyo barimo gukora bidahesha icyubahiro igihugu cyabo atari byiza na gato.”

Mu makuru yahise kuri Radio Ijwi ry’Amerika mu kiganiro “Iwanyu mu Ntara” bagize icyo babivugaho: