Intara y’amajyepfo: RDF yatangiye gukoresha indege z’intambara

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri iki gicamunsi cyo ku wa kane tariki ya 12 Nyakanga 2018 aravuga ko hari ibikorwa bya gisirikare bikomeye birimo kubera mu ntara y’amajyepfo mu ishyamba rya Nyungwe n’inkengero zaryo.

Amakuru ava ku bantu batandukanye mu ntara y’amajyepfo cyane cyane ahahoze hitwa Gikongoro aravuga ko hagaragaye indege z’intambara za kajugujugu ebyiri zagaragaraga nk’izambariye urugamba zigendera hasi cyane.

Abatuye mu Gasarenda baravuga barimo kumva urusaku rw’imirwano mu ishyamba rya Nyungwe.

Muri ibyo bice kandi dufite amakuru duhabwa n’abaturage baho avuga ko hari benshi mu baturage batawe muri yombi.

Ahitwa Ku Kitabi hari gutoragurwa impapuro (tracts) nyinshi. Ingabo za RDF ni urujya n’uruza muri ako gace ndetse ku munsi w’ejo abavuye mu gisirikare (demobs) bose batungujwe inama basabwa kwitegura gusubizwa mu gutabara igihugu.