Kimisagara: Umunyamakuru wa City Radio yakubiswe n’abanyerondo

Abanyerondo mu murenge wa kimisagara, bafashe umunyamakuru wa City Radio baramukubita bamwambura ibye banamutesha akazi.

Mugitondo cyo kuri uyu wa kane Taliki ya 16 Kamena 2016, mu murenge wa Kimisagara akagari ka Katabaro umudugudu w’Uruyange umunyamakuru yahakubitiwe n’abanyerondo ateshwa akazi ke, yamburwa bimwe mu byo yari afite birimo isaha n’ingofero.

Ndahiro Valens Papy, umunyamakuru ukorera City Radio, aganira n’intyoza.com, yavuze ko ubwo yari mu kazi ke, aganira n’umuturage wavugaga ko ahohotewe n’aba banyerondo ngo nibwo yafashwe, arakubitwa, yamburwa isaha, ingofero hamwe n’ikarita ye y’akazi ateshwa Moto ye agendaho ajyanwa ku murenge wa kimisagara.

Inkuru irambuye>>>