Kiziba: Impunzi z’abanyecongo zashyizwe mu gisirikare n’igipolisi cy’u Rwanda

Impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 17 ziri mu nkambi ya Kiziba zivuga ko leta y’u Rwanda izibwiriza kujya muri gahunda y’igihugu kandi atari Abanyarwanda.

Mu rwandiko ubuyobozi bw’izo mpunzi buherutse kugeza kuri leta y’u Rwanda na HCR, buravuga ko bufite ikibazo cy’ibiribwa byagabanutse cyane na gahunda za leta y’u Rwanda zibangamira inyungu zazo.

Izo mpunzi zirasaba ko zasubizwa muri Kongo cyangwa zigashakirwa ikindi gihugu cyazakira.

Mu kiganiro yahaye BBC Gahuzamiryango mu mpera z’icyumweru gishize, umuyobozi w’izo mpunzi, Louis Mbangutse Maombi, yavuze ko leta y’u Rwanda yotsa igitutu abayobozi b’izo mpunzi.

Ibyo ngo nukugirango bakurikize gahunda za leta kandi atari Abanyarwanda.

Mugenzi wacu Prudent Nsengiyumva yatangiye amubaza ukuntu leta ibabangamira.

 

https://www.facebook.com/BBCGahuza/videos/674012439389683/