Kwibuka inzirakarengane zishwe, bo babitangira tariki ya 06 Mata. Barasobanura impamvu

Ku itariki ya 06 Mata 2019, mu Bubiligi no mu Bufaransa habereye imihango yo kuzirikana no kwibuka inzirakarengane zishwe mu myaka 25 ishize.

Habaye misa yo kubasabira. Basobanuye impamvu ibahuriza muri iyo mihango. Hagati ubutegetsi bw’u Rwanda butangiza icyunamo no kwibuka tariki ya 07 Mata, ndetse Umuryango w’abibumbye (ONU) wemeje ko tariki ya 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana kuri jenoside yakorew abatutsi.

Nk’uko muri bubyumve, abatangira kwibuka ky ya 06 Mata bo basanga bidakwiye kwirengagiza ko hari abishwe guhera kuri iyo tariki ndetse ko muri bo harimo n’abahutu.

Hari n’abemeza ko n’abahutu bakorewe jenoside nk’uko na byo muri bubyumve.