Lorrys Munderere yahawe inguzanyo na banki ategekwa guhita agura itike ijya muri Rwanda Day!

Amakuru agera kuri The Rwandan ava mu bantu ba hafi ya Lorrys Munderere aravuga ko uyu mugabo umaze iminsi ibarirwa ku agiye gusura u Rwanda yahawe inguzanyo y’inyingingano bidateye kabiri asabwa kugura itike imujyana muri Rwanda Cultural day i San Francisco aho yagombaga kwirihira ibintu byose!

Birumvikana ko imitungo y’iwabo yari amaze gusubizwa ari yo yafashweho ingwate kugira ngo iyo nguzanyo itangwe.

Ntaho yari gucikira intore Jean Marie Vianney Gatabazi, mwene mwarimu Gatabazi wo ku Mulindi wamugendaga hafi wagira ngo ni ushinzwe kumurinda cyangwa ni umugore we w’isezerano!

Ibi byo kujya muri Rwanda Day biramenyerewe ko ari itegeko ku bacuruzi bose ku buryo bagomba kwikokora bakishyura byose n’urwaye agafata akabando agasindagira ariko Perezida Kagame akabona abamukomera amashyi kugira ngo adaseba imbere y’abazungu ngo avuge avugira muri salle irimo ubusa nk’uko byamugendekeye ejo bundi i New York ubwo yavugaga ijambo mu nteko rusange ya 71 y’umuryango w’abibumbye!

Birumvikana ko Lorrys Munderere nyuma yo kujya i San Francisco yagombaga guhabwa ijambo, dore ko ibyo yagombaga kuvuga yari yabyigishijwe na Mwarimu JMV Gatabazi wari umuri hafi wagira ngo barimo kubyina ingwatiramubiri amusobanurira ibishimisha “intore ibyina isobanya” (izirusha intambwe)!

Umwana w’umuhungu arahaguruka ati ntanze umudari, ntiyashirwa ati kandi ukongera ukiyamamaza nkaho atabivuze byamubuza kongera gutesha umwanya abanyarwanda ngo ariyamamaza, yari agiye gusoza atavuze ijambo ry’ibanga (Password/mot de passe) risigaye rigezweho ngo rifungura imiryango yose ariko Intore JMV Gatabazi iza kumwicara hafi vuba na vuba iramwibutsa maze Munderere nawe ati:

“ndashaka kubabwira ko ndafite ipfunwe ryo kwitwa mwishya wa Bagosora”

Nimwiyumvire namwe:

 

 

Ben Barugahare

Email: [email protected]