Muvandimwe kandi nshuti Nayinzira

Imana iguhe iruhuko ridashira iruhande rwayo! Warayikunze urayiringira, none iguhamagaye ngo mubane iteka.

Wabaye intwari mu bihe byose, ubana n’abandi mu rukundo kandi wakoreye neza igihugu mu mirimo yose washinzwe kuko wayitunganyije uko bishobotse kandi waritanze.

Nzahora nibuka uburyo twakoranye kugeza igihe dutandukanijwe n’amatage y’intambara yo muri 1994 n’igihe twahuye ubwa nyuma mu Bubiligi mu butumwa uri Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Warenganijwe n’ingoma y’ikinyoma n’igitugu, ariko Imana yonyine niyo Mucamanza w’ukuri.

Utabarutse uri Intwari; tuzahora tukwibuka kandi tuzakomeza guharanira ibyo washyiraga imbere kugeza utabarutse: amahoro, ubumwe, ubupfura, kwiyoroshya no kwiyumanganya.

Urabeho mubyeyi.

Michel Niyibizi.

Belgique.