Nduhungirehe ati: Ibya Sankara ari njye ari Rusesabagina nta makuru tubifiteho!

Olivier Nduhungirehe

Mu kiganiro yagiranye n’umuyamakuru Geofrey Mutagoma wa Radio Ijwi ry’Amerika, umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ububanyi n’amahanga mu Rwanda ushinzwe umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko ibyavuzwe n’ibihugu by’u Bufaransa, Canada n’Ubudage ko abaturage babyo bagomba kwitondera gukora ingendo mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda nta shingiro bifite ko umutekano ari wose.

Abajijwe ku makuru avuga kw’ifatwa rya Major Callixte Sankara, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko nta makuru abifiteho anahamya ko na Paul Rusesabagina, Perezida w’impuzamashyaka MRCD, Major Callixte Sankara abarizwamo nawe nta makuru ya Sankara afite!

Mwakumva ibyo kiganiro hano hasi: