Nyamasheke:Batewe impungenge n’amashuri ashobora kugwa ku bana

Abarezi n’ababyeyi barerera mu ishuri ribanza rya Mutagatifu Kizito riri mu kirwa cya Kirehe mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko bahangayikishijwe n’amashuri abana babo bigamo yashwanyaguritse, ku buryo umwanya uwo ari wo wose yabagwaho.

Ubuyobozi bw’iri shuri bwemeza ko aya mashuri yubatse hagati mu kirwa cya Kirehe yatangiye kugaragaza ibimenyetso by’uko yenda kugwa, ariko ngo kuko nta yandi mahitamo bafite bakomeje kuyigiramo.

Aya mashuri agizwe n’ibyumba 7, birimo 5 byubatswe mu mwaka wa 1975 na 2 byubatswe vuba, ibi bya mbere byarashaje cyane, umuyaga ukaba umaze gutwara igisenge inshuro 3 zose, n’inkuta zikaba zigiye guhirima.

Inkuru irambuye>>>