Olivier Nduhungirehe aravuga iki ku bya Dr Richard Sezibera?

Mu nkuru ya Radio Ijwi ry’Amerika, umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe umuryango w’Afrika y’uburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yirinze kwemeza cyangwa ngo ahakane uburwayi bwa Ministre w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera.

Umva inkuru y’umunyamakuru wa Radio Ijwi ry’Amerika, Geofrey Mutagoma ku kutagaragara mu ruhame kwa Dr Sezibera:

Amakuru amwe agaragara ku mbuga nkoranyambaga yo aremeza ko Dr Richard Sezibera yarozwe ndetse yashizemo umwuka ariko ngo Leta y’u Rwanda ikaba yanga kubitangaza.