Olivier Nduhungirehe yashimangiye ko Rwanda Day yasubitswe gusa n’ubundi izabera i Bonn

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2019, rivuga ko itariki Rwanda Day yari kuzaberaho yimuwe abifuzaga kuyitabira bazamenyeshwa indi tariki mu gihe cya vuba.

Iryo tangazo rikomeza rigira riti “Turamenyesha abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ko Rwanda Day yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2019, yigijwe inyuma ku mpamvu zitaduturutseho.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yasobanuye impamvu y’isubirwa rya Rwanda Day kuri micro y’umunyakuru Vénuste Nshimiyimana wa Radio Ijwi ry’Amerika: