"PARMEHUTU iracyahari…Abaparmehutu bigira beza mukabashyira mu buyobozi, ubwo icyo bakora ni iki?" Prof Dusingizemungu

Perezida w’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 (IBUKA), Prof. Dusingizemungu Jean Pierre avuga ko hari bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bagifite ingebitekerezo ya Jenoside nk’iyo mu ishyaka Parmehutu ry’uwari Perezida w’u Rwanda Kayibanda Gergoire nyamara baba bigize abana beza kugira ngo abaturage babatore.”

Ubwo Perezida wa IBUKA Jean Pierre Dusingizemungu yavugaga ijambo mu muhango wo kwibuka abagore n’abana bishwe urw’agashinyaguro mu murenge wa Kibirizi ahazwi nko ku Ibambiro, tariki 21 Gicurasi 2016, yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside itarashira mu Rwanda ahubwo ko yanahinduye isura ndetse ubu abayihimba basigaye bakoresha ubwenge buhanitse ku buryo amategeko ahana ingengabitekerezo atabafata.

Inkuru irambuye>>>