PS Imberakuri irasaba ko Théobald Mutarambirwa yasurwa.

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N°002/PS.IMB/NB/2020

 URWEGO RW’IGIHUGU RUSHINZWE UBUGENZACYAHA MU RWANDA RWAGOMBYE GUHA  UBURENZIRA BWO GUSURWA UWAHOZE ARI UMUNYAMABANGA MUKURU WA PS IMBERAKURI BWANA MUTARAMBIRWA Théobald 

Nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rweretse itangazamakuru na rubanda Bwana MUTARAMBIRWA Théobald ku italiki ya 17 Mutarama 2020, Ubuyobozi bw’Ishyaka PS Imberakuri  kimwe n’abandi ntibarashobora  gusura kugeza ubu  uwo wahoze ari Umunyambanga Mukuru waryo.

 Ishyaka PS Imberakuri  ritewe impungenge no kuba   Bwana MUTARAMBIRWA Théobald adashobora gusurwa bityo rikaba risanga Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rugomba gushyira mu gaciro  maze rugafasha abarwanashyaka ba PS Imberakuri,inshuti n’abavandimwe bashaka gusura no kwihanganisha Bwana MUTAMBIRWA Theobald.

Muri urwo rwego,Ishyaka PS Imberakuri  ryongeye kwiyambaza Imiryango Mpuzamahanga irengera Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu irimo Human Rights Watch,Amnesty International n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare (CICR) kugira ngo itabarize Bwana MUTARAMBIRWA Théobald.

Bikorewe i Kigali,kuwa 06 Gashyantare 2020

Me NTAGANDA Bernard

Prezida Fondateri w’Ishyaka PS Imberakuri (Sé)