Rujindiri Berinari: umwe mu bahanzi nyarwanda bamenyekanye cyane

Mu rwego rw’umushinga “Ibirari by’Amateka” dukomeje gukoraho, umushinga ugamije kubagezaho ubuzima bw’abanyarwanda bamenyekanye cyane mu kinyejana cya makumyabiri, ukaba waratangiye mu mpera za 2017, turagira ngo aha tuvuge kuri umwe mu bahanzi gakondo. Uwo ni Rujindiri Berinari. Dutangiriye kuri we kubera ko ari mu bacuranzi b’inanga b’ingenzi benshi bo hambere twibuka, kandi tuzavugaho nibidukundira. Abazavugwa nyuma ye, nabo bakiranura umurya wayo, ijwi ryayo ndetse n’amagambo baba bawusangiza, byose bikanogera ababumva, ni Sebatunzi Yozefu na padiri Kabarera Viyateri.

Rujindiri Berinari yavutse ahagana mu mwaka w’i 1900, nyina umubyara yari Umutwakazi w’i Munanira muri Masango ya Gitarama ya kera. Ise umubyara ni Mahwehwe wari waravutse ku ngoma ya Rwogera akaza kwitaba Imana muri 1920. Rujindiri niwe yigiyeho gucuranga. Naho umubyeyi Mahwehwe we akaba yari yarigiye kuri Gicunatiro. Ibihangano bya Rujindiri bizwi, byafatiwe amajwi muri 1974 aho yari atuye ku musozi wa Mbati muri Mugina ha Gitarama.

Rujindiri Bernari yabaye igihe kinini ibwami mu rukari rwa Musinga na Rudahigwa. Incurango ze zari izo gushimisha umwami n’abamugaragiye, ndetse n’abashyitsi b’imena be. Yagororewe inka n’amafaranga make igihe cye ibwami kirangiye.

Ibihangano byinshi ni ibyo mu gihe cyo ku ngoma ya Rwabugiri, bikaba byarahimbwe bisingiza insinzi mu ntambara zashojwe n’ingoma. Abandi bahanzi Rujindiri avuga bo mugihe cye, nabo bibandaga ku mateka, ni nka ba Rudakemwa, Karira, Rukaramanzi na Gicunatiro. Bose kandi bakaba barabaga mu rukari rw’umwami Rwabugiri.

Bivugwa ko mu gihe ingoma ya cyami yahirikwaga na repubulika muri za 59 na 61, hari ibihango byinshi by’inanga byahimbwe mbere byerekeye ibyo bihe byazimiye. Ibihango by’inanga byaje nyuma nabyo biza bivuga ku mibereho n’ubutegetsi bishya. Mu gihe inanga kera yari umwihariko w’abatutsi, nyuma abatutsi n’abahutu baje kujya bose bayicuranga.

Mu gihe inanga za Rujindiri zafatwaga amajwi kugira ngo zibikwe neza, kandi zizashobore kwumvwa na benshi mu bihe bizaza, hari abandi bahanzi b’inanga bamenyekanye ariko bari baratabarutse. Abo ni ba Kisiribobo, Segikwiye, Ruzamba, Rutangira na Sebatunzi.

Zimwe mu nanga ze

  1. Imitoma

Huum hum twari imitoma Nyonga we

Tukiri imitoma Nyonga we

Igihe ga turagira inyana Nyonga we

Twatobanye ga utwondo Nyonga we

Twambaranye ga inkjndo Nyonga we 

Ariko ni izawe nanjye ororo ayiwe.

Ndagukunda ga Nyonga mama we 

Unkunde ga ngukunde Nyonga we 

Nta rukundo rw’umwe Nyonga we

Urukundo ga ngukunda Nyonga we
Si urw’ejo n’ejobundi Nyonga we

Warukuye ga iwanyu Nyonga we 

Warusanze ga iwacu Nyonga we 

Ariko ni urwawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Nagukuye i Bwega Nyonga we

Nagushize ga i Bunyiginya Nyonga we 

Hose ni ahawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Nagutuye utunyana Nyonga we 

Kandi dusaze ga urwenda Nyonga we 

Naturengeje abandi Nyonga we 

Ndatugutura Nyonga we 

Ariko ni utwawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Nakumurikiye inyambo Nyonga we

Kandi utari umutware Nyonga we

Nazirengeje abandi Nyonga we 

Ndazigutura ga Nyonga we

Ariko ni izawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we

Nagukebeye ga ingondo Nyonga we 

Hagati y’ibituza byombi Nyonga we 

Ukorakoremo uzumve Nyonga we 

Wazikorakoyemo mama we

Ntihapfutse na rumwe Nyonga we

Ariko ni izawe nanjye ororo ayiwe.

Ndagukunda ga Nyonga mama we 

Nakumereye imbuguyu mama we

Munsi y’umudende Nyonga we 

Munsi y’umukondo Nyonga we 

Ukorakoremo ga uzumve nyonga we 

Wazikorakoyemo mama we  

Ntihapfutse na rumwe Nyonga we 

Ariko ni izawe nanjye ororo ayiwe.

Ndagukunda ga Nyonga mama we 

Nagukuye I bwega mama we

Nagushize ga I bunyiginya mama we 

Hose ni ahawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Nagutuye Ubwishya Nyonga we 

Uturwe ga udutsama Nyonga we
Uturwe ga udutega Nyonga we 

Uturwe ga utubavu Nyonga we

Naturengeje abandi Nyonga we 

Ndatugutura ga Nyonga we 

Ariko ni utwawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Naguhaye i Kinyaga Nyongawe 

Uturwe ga udutsama Nyonga we 

Uturwe ga udutega Nyonga we 

Uturwe ga uturago Nyonga we 

Uturwe utubavu Nyonga we 

Naturengeje abandi Nyonga we 

Ndatugutura Nyonga we 

Ariko ni utwawe nanjye ororo ayiwe.

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Unkunde ga ngukunde Nyonga we 

Nta rukundo rw’umwe Nyonga we 

Urukundo ga ngukunda Nyonga we 

Si urw’ejo n’ejobundi Nyonga we 

Warukuye ga iwanyu Nyonga we 

Warusanze ga iwacu Nyonga we 

Ariko ni urwawe nanjye ororo ayiwe.

Ndagukunda ga Nyonga mama we 

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we 

Na Mucuminjongi ye tuzamukubita ga inkingi Nyonga we

Tuzamurenza ga inkike Nyonga we

Ariko ni ibyawe na njye ororo ayiwe.

Ndagukunda ga Nyonga mama we 

Nagukunze ga rwinshi Nyonga we

Ariko ni ibyawe nanjye ororo ayiwe.

Ntawe ukwanga inyamibwa we 

Uko tugukunda mwiza we

Mwiza aza yahutse uruziga mama we

Mwiza aza yashoye amababa ga mama we 

Mwiza ga yakekwa ingondo mama we

Mwiza ga yahimbye amatako mama we

Urukundo ga rw’umukobwa mama we

Igitega cy’umukondo mama we

Ariko ni icyawe nanjye ororo ayiwe.

  1. Inkotanyi cyane 

Uhum uhum uhum…

Inkotanyi cyane yabyirutse neza

Ya Rugina yabyirutse neza

Abyirutse atagira inenge

Kandi nguyu atagira amakemwa. 

Abyirutse atagira amakemwa

Kandi nguyu atagira ubwoba

Mu mabyiruka ko yishe Mfizi

Mu mabyiruka ko yishe Nsibura

Mu mabyiruka ko yishe Nsibura

Kandi Nsibura ni umukwe Kabegwe

Atsinze se Nkundiye

Amutsinze no ku ishomvu y’iwe

Amarambarya ko yahiye

Nyamizi ko yahiye.

Ikimenywa cyo cyarahiye 

Ikinyabaranga se cyarahiye

Ku iteko harahiye

Nyamizi ko yahiye 

Ku iteko harahiye 

Ikitakivugwa ni Nyamushishi

Ntimukangwe na cya cyuzi 

Ko twakinyujijemo se mo amato.

Ntimukangwe na bya bisage 

Ko twabinyujijemo se mo imisakure

Ntimukangwe na za mbindo 

Ko twazinyujijemwo ibihome.

Nkurunziza se yabaye 

Ii twatsinze yaruse byose 

Igihe se twica ya ingwe 

Twumva impundu se ziravuga 

Twumva ingashi se zirasuka 

Ee ku nseke se z’amatwi 

Twumva ingoma se zirasutse 

Zisutse zigana amataba 

Zisutse zigana amataba 

Amataba tureba Rubengera 

Basanga ni ni imandwa y’ingwe 

Iya kirori na gicunagira 

Ingoma se zirasutse 

Zisutse zigana ijabiro 

Zisutse zigana ijabiro 

Kandi ijabiro tureba amayege 

Zisutse zigana i Mwima 

Kandi i Mwima na Mushirarungu.

Zisutse zigana i Giseke 

Kandi i Giseke na Nyagisenyi 

Bakubiswe n’inkuba nyinshi 

Cyono tsinda iy’i Karama y’ingwe

Tsinda iy’i Karama y’ingwe 

Agiriza iy’i Giseke 

Tsinda se nyagutsinda 

Cyono tsinda se nyagutsinda.

  1. Nyiramibambwe

Iwanyu uuhm iwawe iwawe  

Iwawe ee Nyiramibambwe 

Iwawe ho ndahazi mama 

Dore Gatsibo se y’imitoma mama 

Gitinda na cya Ruhama mama 

Ngaho iwawe iwawe 

Ngaho iwawe Nyiramibambwe mama

Naho iwawe ho ndahazi mama 

Kabuye na Kajabana mama

Murambi se na Muhororo 

Bweramvura se na Gatsata mama  

Ngaho iwawe iwawe iwawe 

Ngaho iwawe Nyiramibambwe mama.

Naho iwawe iwawe iwawe 

Naho iwawe Musindarwejo mama 

Iwawe se Rusaniwabo mama 

Dore Agacumu se na Kamonyi mama 

Nkingo na Rugobagoba mama 

Gihinga se na Kinyambi mama 

Iwawe mu Butanyerera mama 

Rwacubizi na Muringa mama 

Igishubi ni icya Muganza mama 

Urwangabarezi ni urwa Muganza mama 

Urwishusha ni urwa Muganza mama 

Ku Ngoyera ni iya Mayunzwe mama

Ngaho iwawe iwawe 

Ngaho iwawe Nyiramibambwe mama 

Naho iwanyu ho ndahazi mama 

Ni Mbuye na Rurubanza mama 

Shyobe na Cyabana mama 

Naho iwanyu iwanyu 

Ngaho iwanyu Nyiramibambwe mama

Ku mano y’igishamunigo mama 

Mu cyambu ni icya Ndabarasa mama 

Ku mano y’igishamunigo mama

Niho kwa Rukaka shebuja wa Mugenza 

Nibo bombi na Munyuzangabo mama  

Se w’Impakabatoni mama 

Se wa Ruhinankiko mama  

Nibo bombi na Ruhinajoro mama 

Ngaho iwanyu  iwanyu

ngaho iwanyu Nyiramibambwe mama

Naho iwawe iwawe iwawe 

Naho iwawe Nyiramibambwe mama 

Iwawe ho ndahazi mama 

Gihisi na Nyamagana mama 

Agasoro se na Mutende mama 

Dore Mwima na Mushirarungu mama 

Ngaho iwawe iwawe iwawe

Ngaho iwawe Nyiramibambwe mama 

Naho iwawe ho ndahazi mama 

Dore Igiseke na Nyagisenyi mama 

Mu rwambariro ni imikoma ihatse mama 

Ngorongari ni za Rutaha mama 

Mu nyumba zihaze imino mama 

Mu ngaju se nyinshi cyane mama 

Mu nzoga se nyinshi cyane mama 

Utsinde utsinde utsinde 

Ngaho tsinda kirana utsinda Nyiramibambwe mama 

Igituma utsinda ndakizi mama  

Habyaye Nyiramibambwe 

Habyiruye Nyiramibambwe mama 

Ni nyina w’Umuzinga 

Nibo bombi na Rutalindwa mama 

Igituma utsinda ndakizi mama 

Hasasa Nyiramibambwe mama 

Hasegura Nyiramibambwe mama 

Hategama Nyiramibambwe mama 

Arambe Nyiramibambe mama.

Izindi nanga za Rujindiri Berinari zizwi cyane ni izi zikurikira: Mureke, Kibunda, Amararo, Kamujwara, Inkuza, Nyangezi, Rwamwiza, Rushya, Cyandari n’Impunga. 

Ibyaranze ibihangano bye

Jos Gansemans wakoze ubushakashatsi ku bihangano bya Rujindiri akanafata amajwi y’inanga zimwe ze, hari ibyo atangaza bituma abantu barushaho kumenya uyu muhanzi w’umunyarwanda wari ufite inganzo y’umwimerere wo mu rwego ruhanitse. Hari byinshi umushakashatsi yatahuye.

Ibihangano bye bisa igihe cyinshi n’ibibara inkuru. Mu icuranga rye, aho inanga isa naho iherekeje, iyo amagambo acurangwa agizwe n’imivugo, cyangwa umurya wayo uri gucuranganwa ubuhanga, usanga ari agahebuzo.

Imicurangire ya Rujindiri irajimije kandi inyura amatwi. Ishyira umurya w’inanga mu nganzo zo gucuranga z’imena, bitagikunze kuboneka mu micurangire y’ubu.

Mu nanga ze nyinshi, Rujindiri aririmbana n’abandi barimo Nyirashirambe, umugore we, hamwe na muramu we.

Umurya w’inanga we ntabwo wari ugenewe gusa kujyana n’ijwi ry’ucuranga. Hagati y’ibice by’inanga uko biririmbwa, hanyuramo umwanya ijwi rigaceceka, noneho umucuranzi agakaraga umurya w’inanga gusa, bigafasha kwerekana ubuhanga bwe, budashingiye gusa ku magambo n’ijwi bye byonyine.

Jos Gansemans yasanze inanga Kamujwara na Cyandari, zishingiye ku bijyanye n’ubwoko butatu bw’ingenzi mu mahamba gakondo y’ibyivugo. Ibyo byivugo by’interuro nkeya, kenshi ngufi, zavugwaga vuba ntaguhagarara, ababivuga bataka ibigwi by’umuntu ukomeye, cyangwa kenshi na kenshi ba nyirubwite na bo bivuga.

Nkuko twakomeje kubisaba abasomyi b’izi nyandiko tubagezaho zijyanye n’umushinga wo kwandika Ibirari by’Amateka yerekeye abanyarwanda bamenyekanye cyane mu kinyejana cya makumyabiri, uwaba azi amakuru ahamye ku bo twandikaho kuturusha yazayatugezaho abinyujije kuri emails zacu ziri aho iyi nyandiko irangirira. Nanone mu bo twaba tutavugaho, kandi na bo barabaye ibirangirire, mwazabatubwira, mukaba mwanatubwira impamvu mwumva na bo batakwibagirana. Ikindi kandi, mu gihe mwaba musanze hari ibyo twanditse bidahuye n’ukuri, mwatunyomoza, mwerekana aho ukuri nyakuri guherereye. 

Dore kandi n’izindi nyandiko zirebana n’Ibirari by’Amateka zarangiye, n’aho mushobora kuzisanga:

Ibirari by’amateka: Rwabutogo Fransisiko, Rwubusisi, Padiri Gafuku Baltazari na Padiri Reberaho Donati;

Ibirari by’amateka: Kabare, Ndungutse, Rukara na Basebya;

Hari kandi n’inyandiko yarangiye ikubira hamwe imibereho y’abayoboye u Rwanda ariko bitabye Imana mu kinyejana cya makumyabiri, aribo: Yuhi V Musinga, Mutara III Rudahigwa, Mbonyumutwa Dominiko, Kayibanda Geregori, Habyarimana Yuvenali, na Sindikubwabo Tewodori.

Uwayishaka, twazamwohereza kopi yayo ku buntu.

Mudufashe kandi muri uyu mushinga twise ibirari by’amateka.

Byanditswe na

Maniragena Valence

email : [email protected]

Nzeyimana Ambrozi

email : [email protected]