Rusizi: Abaturage 20 bafunzwe bakekwaho amarozi!

Bamwe mu baturage barimo abagore n’abagabo bo mu midugudu itanu y’akagari ka Mpinga ni mu murenge wa GIKUNDAMVURA wo mu karere ka Rusizi bafungiwe kubiro by’uyu murenge aho bakekwaho kuroga,ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ko nibamara gutanga amakuru bakeneweho baza kubarekura.

Intandaro y’ifatwa ry’aba baturage ngo nuko umwe muri bo aherutse kuvugwaho kuroga umuturanyi we yari yararagije inka,maze ubuyobozi bukoresha inama uwo abaturage bavugagaho uburozi wese yarafashwe kuwa kane tariki ya 8 Gashyantare maze bafungirwa ku biro by’akagari ka Mpinga dore ko aba bagore n’abagabo baturuka mu midugudu itanu y’aka kagari.

Aba baturage bose barahakana ibyo bashinjwa ahubwo bakavuga ko ari inzangano z’abaturanyi bababeshyera ko ari abarozi.

Ubuyobozi bw’uyu murenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi buvuga ko aba baturage bafashwe mu rwego rwo kubahungisha abaturanyi babo ngo batabagirira nabi ariko nyuma yo kubabaza ku byo bakekwaho baraza kubarekura basubire mu ngo zabo.

Source:

Alfred Ntakirutimana

TV1