Rwanda: abaherwe ni 0,5% by’abaturage bose!

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ibyiciro by’Ubudehe bishya, nyuma yo kubisubiramo, mu Rwanda mu ngo 2 358 488 zibumbiye hamwe abaturage 10 382 558, Abanyarwanda bari mu cyiciro cya kane cy’abaherwe ni 0,5% bangana na 58 069 bari mu ngo 11 664, hari uturere abaherwe bangana na 0,0%.

    Nk’uko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho myiza, Dr Alvera Mukabaramba yabivuze, ngo ibi byiciro by’ubudehe byasubiwemo nyuma y’aho mu byiciro by’Ubudehe bya mbere abenshi bari mu cyiciro cya mbere abandi bakaba bari bifuje ko bsubirwamo.

    Yavuze ko mu byiciro by’ubudehe bishya, hagendewe ku bintu bifatika, kuko ngo mbere hari ibyashingirwagaho ariko abantu ntibabashe kubyumva.

    Soma inkuru irambuye