RWANDA:ABARENGA 50 BIGARAGAMBIJE BARASHAKA KWISHYURWA

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 abahoze ari abakozi ba NPD COTRACO barenga 50 bazindukiye ku biro by’akarere ka Kicukiro basaba ubuyobozi bw’aka karere kubishyuriza imperekeza nyuma yo gusezererwa ku kazi ntibahabwe ibyo bemererwa n’amategeko.

Ubuyobozi bw’iyi SOSIYETE ikora imihanda yaje kwemera gukuraho ibyo aba bahoze ari abakozi bayo bafataga nk’amananiza maze inemera ko igiye kuzenguruka igihugu itanga ibyo amategeko ateganya ku bakozi basezerewe.

Inkuru dukesha NIYODUSHIMA Dieudonne wa Flash FM