Shehi Musa Fazili Harelimana yapfushije umugore

Musa Fazili Harelimana

Amakuru agera kuri The Rwandan aravuga ko Shehi Harelimana yapfushije umufasha we Ziada Uwimana wakoraga mu bushinjacyaha mu karere ka Gasabo.

Ayo makuru akomeza avuga ko uwo nyakwigendera yari amaze iminsi arwaye ku buryo ngo yari anakubutse mu gihugu cy’U BUhinde kwivuza.

Nabibutsa ko Shehi Musa Fazil Harelimana yahoze ari Ministre w’umutekano muri Leta y’u Rwanda umwanya yamazeho imyaka igera ku 10 akaba yaravuye kuri uwo mwanya umwaka ushize ndetse na Ministeri yategekaga igakurwaho.

Uyu mugabo kandi ni Perezida w’ishyaka PDI ryiganjemo abayisiramu, akaba yarakoze agashya ko gusaba Perezida Kagame kongera kwiyamamaza mbere y’uko n’ishyaka rya FPR ubwaryo ribivuga.

Ben Barugahare

2 COMMENTS

Comments are closed.