The Rwandan yakoze iperereza ku byo abasomyi bayo batekereza ku kigega Agaciro

Nk’uko bigaragazwa n’iperereza ryakozwe n’urubuga The Rwandan, ku bantu bagera kuri 200 bashoboye gusubiza ibibazo bijyanye n’ikigega cyiswe Agaciro Development Fund:

-Abagera kuri 71 ni ukuvuga 36% bavuze ko icyo kigega kigamije guteza imbere inyungu z’agatsiko kari ku butegetsi

-Abagera kuri 49 ni ukuvuga 25% bavuze ko icyo kigega kizateza inzara kubera agahato gakoreshwa mu kwaka inkunga ijya muri icyo kigega.

-Abagera kuri 41 ni ukuvuga 21% bavuze ko icyo kigega kigamije gufasha abanyarwanda kwiteza imbere no kwihesha agaciro.

-Abagera kuri 28 ni ukuvuga 14% bavuze ko ari igitekerezo cyiza ariko mu gihe icyo kigega kitakoreshwa nk’intwaro ya politiki

-Abagera kuri 11 ni ukuvuga 4% bavuze ntacyo bavuga kuri kiriya kigega bazategereza kureba uko bizagenda bakabona kugira icyo bavuga.

Ubwanditsi