Ububwa bwazo nibwo bwoko

I Rwanda amaraso aramenwa buzi

Ifuni ye iramena abacu uduhanga

Amarira y’impfubyi ubu ni inyanja

Ishavu ryo mu mitima ni za toni

Inzara yo mu nda ihoraho iteka!

Impfubyi zabuze uzihoza amarira

Amaraso yazo niyo atunze injiji

Amagufwa y’abazo ari mu biciro

Akayabo abyaye kavamo indege

Akayabo abyaye kavamo amato

Akayabo abyajwe kabyara inzira

Akayabo abyajwe gasiba imanza

Amaraso aranyobwa hapfa abeza

Intamenya zo zaheze mu cyeragati

Intamenyekana zose nta mugati

Ibibazo mu mutwe ari ibihumbi

Ngo ese ko yaje ahinda yaje ate?

Ngo ko yaje ahinda yazanye iki?

Ibi bibazo byose bibura inyishyu

Kandi igisubizo cyabyo kitagoye!

Dore uko yaje ndaje nkubabwire

Jye namuteye imboni kare kose

Mbona aje muri mucakamucaka

Yaje abyaza induru ingoma ituba

Yaje aterura iyi ngoma y’agafuni

Yaje arya akaribwa n’akataribwa

Yaje ari mu bicu yitwa iy’amarere

Yaje amatama ajunditse urwango

Yaje abishe atababarira n’iyonka

Yajw acira urupfu aruka amaraso

Yaje ahinda ahekura abamuhetse

Yaje aca ibizira aca inka amabere

Yaje akaraga icumu ari mu birere

Iy’amarere yaje ititiza iyi isi dutuye

Iy’amarere iza byari byari itekinika

Iy’amarere iza yaje iri muri shuguri

Iy’amarere yacaga ibintu bigacika

Urwacu iba iruhinduye urw’abandi

Amahitamo asigara ari amatage

None amafuti yose ararutashye

Amabi n’amaherere byaratujwe

Nubwo amarenga acirwa injiji

Ziganjemo zimwe mbi ngo zize

Zitazi icyatsi ntizimenye ururo

Zitazi uruzi ntizimenye ikiziba

Zibona umupfu ari umupfumu

Gukoma mu mashyi bikazibera

Gutekereza neza bikazitonda!

Umunyarwanda yabivuze neza

Ati ubwenge bwagiye mu gifu

Arangije nawe ahambayo ubwe

Ngo abe abaye imfura mu zindi

Atazi ko yigize imbwa mu zindi!

Imbwa z’iwacu burya zisa zose

Nta ngufi nta ndende ni zimwe

Nta mputu nta ntutsi nta ntwa

Nta ngore nta ngabo ni imbwa

Ububwa bwazo nibwo bwoko!

Umusomyi wa Therwandan