Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko budashakisha Lin Muyizere, umugabo wa Victoire Ingabire

    Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Alain Mukurarinda, yahakanye yivuye inyuma ko hari ikirego na kimwe Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwigeze butanga ku mugabo wa Ingabire Victoire uba mu Buholandi.

    Nyuma y’aho havugiwe ko umugabo wa Ingabire Victoire ari mu Banyarwanda 10 bandikiwe n’u Buholandi ko bashobora kwamburwa ibyangombwa byo kuhatura, ababunganira bakavuga ko bashobora kuba bashakwa na Leta y’u Rwanda, Mukurarinda yahamije ko nta cyo rumukurikiranyeho.

    Mu kiganiro na BBC, Mukurarinda yasobanuye ko abandikiwe n’u Buholandi batari mu birego birenga 100 by’abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwatanze mu bihugu byinshi guhera mu 2008.

    Alain Muku yagize ati“Abantu bakekwaho icyaha barahari mu bihugu byinshi, twohereje impapuro zirenga ijana dusaba ko bafatwa bakoherezwa mu Rwanda cyangwa bakaburanishirizwa aho bari, ndetse no mu Buholandi hari izigera kuri 17. Muri izo abo bantu ntabwo barimo.”

    Ariko Mukurarinda yavuze ko kuba u Rwanda rutamushakisha ntibikuraho kuba yakurikiranwa n’uwo ari we wese mu gihe ubutabera bw’u Buholandi bubyemera.

    Ariko Mukurarinda yavuze ko niba ubutabera bw’u Buholandi bwemera guca imanza butitaye ku ho ibyaha byako, ngo ntacyabuza umuntu uwo ariwe wese kurega uwo akekaho icyaha aho yaba ari.

    Source:[email protected]