Ubutumwa bw’ishimwe Ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda ryageneye Perezida watorewe kuyobora u Burundi .

    Pierre Nkurunziza

    « Uwatowe na rubanda aba ari Intore y’Imana  » 

    Ubutumwa bw’ishimwe Ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda ryageneye Perezida watorewe  kuyobora u Burundi .

     Paris, taliki ya 25 Nyakanga 2015

    Nyiricyubahiro NKURUNZIZA Petero,

    Perezida wa Repubulika y’u Burundi,

    Mu izina ry’Ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda duhagarariye no mu izina ryacu bwite, tuzinduwe  no kubagaragariza, mwebwe ku giti cyanyu, umuryango wanyu n’Ishyaka CNDD-FDD mukomokamo, ko twifatanyije namwe mu byishimo by’uko mwongeye gutorerwa kuyobora igihugu cy’Uburundi, igihugu gituranyi duhuriye kuri byinshi, kandi duhora twifuriza iteka amahoro, ituze n’umudendezo.

    Tukaba rero twizeye ko icyizere gikomeye Abarundi bongeye kubagirira,kizabongerera imbaraga zo kurushaho guhuza abenegihugu bose, gukomeza kubayobora mu  nzira  y’iterambere  rirambye  kandi  risangiwe no  kubarinda iteka  icyabahungabanyiriza umudendezo .

    Kuko twemera  kandi twubaha ihame ry’uko “Vox populi, vox Dei ” : “Uwatowe  na  rubanda  aba  ari  Intore y’ Imana”,  tubifurije  ishya n’ihirwe muri ubwo  butumwa bw’ikirenga  mwongeye  gushingwa.

    Imana izabahe umugisha, izabahore imbere , ibarinde kandi irengere intambwe zanyu.

    Bikorewe i Paris, taliki ya 25 Nyakanga 20150

    Mu izina ry’ABATARIPFANA b’ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda,

    Padiri Thomas Nahimana,

    Umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika yo mu mwaka wa 2017.

    Madamu Nadine Claire Kasinge,
    Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’andi mashyaka

    Bwana Nkurunziza Venant,
    Umunyamabanga ushinzwe amategeko no gukemura impaka,