Ubwicanyi bwakorewe impunzi: ODHR na RIPRODHOR barasaba ko CICR yaba mu bazashyira ukuri ahabona

Ni mu kiganiro musanga kuri iyi vidéo, aho Laurent Munyandilikirwa wo muri ODHR na Théobald Rutihunza wo muri RIPRODHOR bagaruka ku kibazo cy’impunzi zo mu karere k’ibiyaga bigari, by’umwihariko mu Rwanda, aho banagaruka ku kibazo cy’impunzi z’abanyekongo ziri mu Rwanda.

Muribuka ko mu cyumweru gishize hari impunzi z’abanyekongo bavuga ikinyarwanda ziciwe mu Rwanda ubwo zari mu myigaragambyo zisaba ko uburenganzira bwazo bwubahirizwa.