Umuhanzi Kabalira Viyateri wacuranze URUTANGO rutangiza amakuru mu kinyarwanda

Padiri Kabalira Viyateri – isakaramentu ry’ubusaseridoti yarihawe mu mwaka w’1940 (ku rutonde rw’abapadiri b’abanyarwanda aza kuri nimero ya 49). Uretse kuba yarihaye Imana nyuma akaza gusezera akabaho nk’umulayiki, ni umwe mu banyarwanda bazwi kubera gucuranga inanga. Abanyarwanda benshi bazi inanga itangira amakuru mu kinyarwanda kuri radiyo yabo. Ni umurya wo mu nanga “Urutango” benshi bakunze no kwita “Urwandiko”, Kabalira Viyateri yacuranze avuga iby’umuntu watumwe kujyana urwandiko ku Gisenyi. Muri iyo nanga twumva uburyo abanyarwanda kera bajyanaga amabaruwa ku nkoni bayashyiriye abatware. Hari abatera urwenya ko kubera ko abantu benshi batari bazi gusoma, bakaba kandi barumviraga cyane, ngo birashoboka ko hari abajyanaga amabaruwa mu by’ukuri avuga ko bagomba gufatwa bagahanwa.

Urutango ni inanga ifite umwimerere udasanzwe, cyane ko muri yo Padiri Kabalira Viyateri yagerageje kuvuga mu mvugo yihariye y’abantu bo mu Murera, mu Buhoma, no mu Bushiru. Ubundi ikinyarwanda nk’urulimi kirakize cyane kimwe n’izindi ndimi. Hari ikinyarwanda cyabaye icya bose, ikivugwa ibwami i Nyanza, noneho hakaba n’ikivugwa mu turere dutandukanye tw’igihugu. Ugasanga abanyarwanda bakomoka mu Kinyaga bafite uburyo bwihariye mu mvugo, abakomoka mu Gisaka nabo bakagira imvugo yabo, abakomoka mu Rukiga, mu Bugoyi n’ahandi  bikaba uko. Igishimishije ni uko mu by’ukuri ibyo bitabuza abanyarwanda kumvikana. Ibi ndetse byakwibutsa kwa kundi umuvandimwe w’umurundi avugana n’umunyarwanda bakumvikana hatagombye kuba umusemuzi.

Kabalira kandi muri iyi nanga, atwibutsa ko abanyarwanda batahise basobanukirwa n’ibintu byaje iwacu bizanywe n’abazungu. Twakwibutsa ko imbunda abanyarwanda babanje kuzifata nk’imyuko. Mu nanga Kabarira atwumvisha ko indorerwamo yabaye igihe kirekire amayobera ku banyarwanda. Uretse ibyo kandi, twumva ko abanyarwanda bashoboraga kuba bafata urwandiko bagakeka ko barwoza rubaye rwanduye bakabona kurushyikiriza uwo rugenewe.

Kabalira Viyateri yacuranze kandi n’izindi nanga nk’iyo avugamo inzuki, ishushanya umuvumbu uri guhakura ubuki inzuki zimuri hejuru. Hari “Abandi Imana zirabaha”, “Umugabo” n’izindi.

Ngaya amagambo twumva mu nanga URUTANGO:

URUTANGO

Mwana we ga Ntamakiriro,

Ntamakiriro munywanyi wanjye

Mwana we ga ngwino nkubwire

Ngwino twiririmbire ga urutango

Urutango ga Nyankoramarigo

Ushaka urutango ga narwumve ee.

Mwana we ngwino tugende,

Twabaye tukibivuga nk’aho twagiye mu nzu

Mwana we ngo urwo rutango turucurire,

Mbona umumotsi avuye kwa Setako

Ngo ninje ngo njane ga  urwandiko

Iriya ku Gisenyi ga mwana we sinakoze impamba

Umugore n’abana ntibarabimenya ngo ninjende mwa

Ha baragatemagugwa ngende ntagira impamba!

Mwana we … mukuru wanjye niko kumbwira

Ati shahu wacecetse, none ga baradusenya

Haguruka ga ugende mwa

Mwana we ga Ntamakiriro

Ntamakiriro munywanyi wanjye

Ubwo ga ndagiye sinsezeye ku mwana

Sinsezeye ku mugore mbe mwa

Urabambwirire uti ngo aragiye mwa.

Nuko naragiye ngo ngere kuri uwo mutsindwa

Niko kumpereza ga urwandiko ngo ningende

Haaan mwana we haa yewee

Ndagenda iryo shyamba ryose mwana we

Ndagenda, ngo njye ku…

Izuba rije kurenga mba ngeze kuri Mutura

Ngeze kuri Mutura mwana we ndeba haruguru

Nshaka ahantu nasaba ga amaze yo kunywa

Ndahabura mba ndi amacinya.

Ngiye kubona mbona inzu mwana we

N’abantu batatu bayihagaze imbere

Ndareba nti hariya nahasaba amazi mwa

Nuko niko kwegera ngeze iruhande ndababwira

Nti mbe nta mazi mwampa yo kunywa

Bati hoji… amazi y’abapagasi… hoji genda

Jyana urwandiko rwawe.

Ndabihorera ngiye kubona mbona bagiye mu nzu

Nanjye ndakurikira…

Ngiye kubona mbona umuntu aranyegera

Uko negera inzu umuntu nawe akanyegera

Nti ngwino turamukanye mugabo wa mama

Ahari weho wampa n’amazi nkinywera

Ngo ngire ntya mfashe inkoni hasi

Mbona nawe afashe iyindi hasi

Nti uriya muntu yabaye ate ko ari kunyigana?

Ndamusekera mbona nawe aransekera

Muhereze akaboko mbona nawe arampereza akandi

Nti ngwino turamukanye mwa

Nuko niko kumwegera maze kumwegera

Mbona nawe araje nti nuko nyabusa

Ngwino turamukanye ariko gira n’ingoga

Muhereza ga intoki nawe ampereza izindi

Ngo nshake umuntu ndamubura

Mbona ikintu kiri imbere yanjye kimbuza kumufataaa

Ndarakara ndacira mbona nawe araciriye

Mutunge urutoki mbona nawe arantunga ga urundi

Nti turarwanye sha!

Nti ese iki kintu ni igiki

Ikintu gisa ga n’amazi

Ariko umuntu akiri imbere

Nkamuhamagara ntanyitabe mwa

Mwana we ga Ntamakiriro

Ntamakiriro munywanyi wanjye

Inzira ntibwira umugenziii.

Nuko mwana we ndakenyera

Nkenyeye nawe arakenyera

Ndasimbuka mbona nawe arasimbutse

Nti ndagukubise mba ndi amacinya

Ndasimbuka

Nkubite muri cya kintu kimbuza kumufata

Mbona kirikunuye kiguye imbere

Nanjye ndiruka nti reka batanyifatira mwa

N’umugabo mbona araguye

Nti ndaguhaye mba ndi umwambi!

Ngo ngere hirya mu rutoki mwana we

Ngiye kumva numva ikintu kiravuze

Nti ubanza bagiye kumfata ga

Ngiye kubona mbona uruntu

Urumodoka runini rw’urukara

Numva ruravuze

Nti eeeh nti mama yambyariye ubusa

Ndiruka no mu rutoki nti mwana we

Iriya modoka nimfata ntateyi imbayi kwa Bayitelemi

Iraba nayo yarirutse iragatemagugwa

Ndayisiga mba ndi umwambi

Mfata urwandiko rw’abandi mu ntoki

Nuko ndumiriza ndaceceka ndarembera

Ngo ngiye kumva numwa rwa rundi ruraboroze

Ngo huu ngo huuu ngo huuu

Nti kirashaka kwiruka cyangwa cyambuze

Ngo ngiye kubona mbona kiragiye gikurikiye imbarabara yose

Nti si jye wagukira kavune umuheto!

Ngo kimare kugenda nanjye niko gufata imbarabara yose

Nuko niko kugenda ngo ngere munsi yo ku Nyundo

Noneho nti njye ko ngeze ku ruzi

Ndagenda ninywera amazi mwana we

Maze kunywa amazi nuko niko gukenyera ndagenda no ku Gisenyi

Ngo ngere ku Gisenyi nahageze hakiri kare

Nsaga ga umuzungu ari ku biro

Nuko niko kugenda rero noneho muhereza ga urwandiko

Maze kumuhereza ga urwandiko aritegereza arasoooma

Nuko niko kundembuza ati ese

Urwandiko rwawe wazanye ko ari wino nsa

Rukaba rwaranduye ntaho bagufunga?

Uhuun

Nti shobuja nagiye hanyuma rero ni mu mvura nuko nikubita hasi

Urwandiko rugwa mu byondo ngeze ku mugezi ndarwoza

Ndarwoza hanyuma izuba rivuye ndarwanika

Maze kurwanika rwumutse ndarukuzanira

Umuzungu ngiye kubona mbona arasetse

Nti seka wo kagira Imana we ba batindi b’abirabura ntibaba bankubise?

Mbonye amaze guseka nti nuko none ngize Imana ikindi ni iki?

Umuzungu niko kwandika ga urundi rwandiko

Arampereza nti mbese ko inzara yenda kunyica…

Ntaho umpaga amafaranga nkagenda nkajya kugura ibyo kurya mwa?

Nuko rero mwana we ngiye kubona mbona akoze mu mufuka go ku kibuno

Nti agongago wasuriye ntaho nagajana mba ndi amacinya

Kora mu gundi mufuka mwa

Akora mu mufuka w’imbere ngiye kubona

Ampere … ampereje amafaranga

Ni amafaranga ga mwa haaa

Nayaguze umwenda w’umugore wanjye

N’uw’umwana wanjye menshi mba ndi amacinya

Ndagenda nyereka abandi bati amafaranga ni menshi mwana wa

Ndavunja nuko niko kugenda bampa urwagwa ndanywa bampa n’ibijumba ndahambira

Ayandi ndasagura njya kugura umwenda w’umugore wanjye mba ndi umwambi

Abazungu barakabyara!!

Nuko ndaza mwana we bari barampaye urwandiko

Ngo rwo kunyaga cya gishubaziko cyacu ngo ni Setako

Ngeze mu nzira nuko rero nuuuu… barambaza bati byagenze bite

Sinabivuga sinabivuga.

Turasaba abasomyi baba bazi umwirondoro wihariye wa Padiri Kabalira Viyateri (ni ukuvuga igihe yavukiye, igihe yatabarukiye, aho yakoze, amaparuwasi yabayemo, akazi yakoze, uwo bashakanye avuye mu gipadiri, n’urubyaro rwabo niba ruhari) kuwudusangiza, babinyujije kuri izi emails zikurikira ([email protected] na [email protected]), kugirango tunonosore inyandiko yerekeranye n’amateka y’uyu muhanzi/mucuranzi.

Byanditswe na:

Maniragena Valensi

Nzeyimana Ambrozi