Umunyamategeko uburanira leta ya Uganda yavuze ko bashakishije ahantu hose bacyekaga ko Ben Rutabana ari, ariko ntibamubone.

Iburanisha mu rukiko rwo muri Uganda ryahagaze kuri uyu wa kane nyuma yaho Benjamin Rutabana – uzwi cyane nka Ben Rutabana – wo mu ishyaka RNC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda atabonekeye mu rukiko.

Umunyamategeko uburanira leta ya Uganda yavuze ko bashakishije ahantu hose bacyekaga ko Ben Rutabana ari, ariko ntibamubone.

Ababuranira Ben Rutabana bo bavuze ko bazakomeza kumushakisha kandi ko bategereje ibizava mu biganiro hagati y’u Rwanda na Uganda.

Hashize amezi umuryango wa Bwana Rutabana utazi aho aherereye. 

Kanda aho hejuru ku ifoto wumve ikiganiro Jacques Niyitegeka wa BBC Gahuzamiryango yagiranye n’umunyamakuru Dear Jeanne wari mu rukiko muri Uganda.