Umunyarwanda Major Dr Richard Sezibera yakubitiwe i Burundi?

Perezida Kagame na Ministre w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda, Dr Richard Sezibera

Amakuru agera kuri The Rwandan ava mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu by’Afrika y’uburasirazuba umunyarwanda Major Dr Richard Sezibara yahuriye n’uruva gusenya i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa gatatu tariki ya 28 Ukwakira 2015.

Nk’uko ayo makuru akomeza abivuga ngo Dr Sezibera yari i Bujumbura ari kumwe na Ministre w’ingabo wa Uganda, Crispus Kiyonga, wari mu gikorwa cyo kugerageza kubura ibiganiro hagati y’abarundi. Urwo rugendo rwari urwa mbere nyuma y’aho ibiganiro ku bibazo by’u Burundi byari byahagaze kuva mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka.

Rero kuri uyu wa gatatu tariki ya 28 Ukwakira 2015 mu gihe intumwa zari ziturutse muri Uganda ziyobowe na Ministre w’ingabo wa Uganda zabonanaga na ba Perezida uwa Sena n’uw’inteko y’abadepite abashinzwe umutekano baretse Ministre w’ingabo wa Uganda arinjira ariko Dr Sezibera we bamubuza kwinjira bavuga ko atari ku rutonde rw’abari bategerejwe ndetse hari n’amakuru avuga ko ngo bamusunitse nabi cyane abakabya bo bavuga ko ngo banamukoze no mu matwi!

Abayobozi b’u Burundi bavuze ko bari batumiye Ministre w’ingabo wa Uganda ndetse bamwakirana icyubahiro ariko ngo bamushaka atari kumwe n’abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi! Bishatse kuvuga ko abo bayobozi b’u Burundi bafata Dr Sezibera nk’ufatanije n’abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi!

Abakurikiranye iki kibazo bahamya ko ibi byabaye kuri Dr Sezibera n’ubwo bije mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi utameze neza ariko abayobozi b’u Burundi bari basanzwe barijunditse uyu munyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC)  ukomoka mu Rwanda avugwaho kugambanira u Burundi ngo bukurwe muri uyu muryango n’ubwo Dr. Sezibera we yagize nyini nyinshi.

Hashize igihe gito ubunyamabanga bwa EAC bwandikiwe na Leta y’Ubudage ko mu gihe ibihugu bya EAC bitagira icyo bikora ku bibazo biri mu Burundi byaba na ngombwa bugahagarikwa mu muri uyu muryango ngo iyi Leta izahagarika inkunga yanyuzaga mu kigega GIZ.

Kuva ibyo bisabwe, n’ubwo ntacyo guverinoma y’u Burundi yigeze itangaza, Minisitiri w’iki gihugu Ushinzwe Ibikorwa by’uwo muryango Madamu Léontine Niyonzima yavuze ko igihugu cye gikomeje kugambanirwa bikomeye n’ubunyamabanga bw’uyu muryango buyobowe n’umunyarwanda kugira ngo kiwukurwemo.

Yagize ati “Twebwe guverinoma y’u Burundi turi mu karere ka EAC,ni byo GIZ iradufasha mugabo kubera idufasha ntishobora kuza gusambura Akarere kubera imfashanyo itanga muri EAC ni politique za secretaire generale (Dr. Richard Sezibera)wa EAC umengo arashaka y’uko u Burundi buvamo agira propaganda ku Burundi mugabo sinibaza niba azashika kuco ashaka ko u Burundi buva mu karere ka EAC”.

Kubeza ubu ari umuryango wa Afrika y’uburasirazuba ari Leta y’u Rwanda aho uyu wangiye kwinjira akomoka ntacyo baratangaza.

Email: [email protected]