Umupfakazi wa Sendashonga arabaza Kagame iby’umurongo utukura ngo Sendashonga yarenze!

Dr Cyrie Sendashonga

Ikigo kitiriwe nyakwigendera Seth Sendashonga, Institut Seth Sendashonga pour l’Education à la citoyenneté Démocratique, cyasohoye itangazo kinenga ibyavuzwe na perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Bwana Kagame mu cyumweru gishize yatangaje ko intandaro y’ibibazo biri mu mubano w’u Rwanda na Uganda ari urupfu rwa Seth Sendashonga wishwe mu 1998. 

Mu ijambo Bwana Kagame yagejeje ku bitabiriye umwihererero uhuza abategetsi bose, yavuze ko adasaba imbabazi ku by’urupfu rwa Sendashonga wahoze ari minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu nyuma ya jenoside.

Umugore we, Cyriaque Nikuze Sendashonga, yavuze ko yababajwe n’ibyavuzwe na Perezida Kagame kandi asaba ko yasobanura umurongo utukura ntarengwa yakoresheje mu ijambo yagejeje ku bategetsi. 

Umunyamakuru wa BBC Gahuza Miryango, Prudent Nsengiyumva yavuganye na Madamu Sendashobonga atangira amubaza uko yakiriye ibyavuzwe na Bwana Kagame, mu kiganiro mushobora kumva hano hasi: