Umuryango wa Major Bernard Ntuyahaga urarwanya ko yoherezwa mu Rwanda.

Major Bernard Ntuyahaga

Umuryango wa Major Bernard Ntuyahaga, wari umaze amezi atandatu arangije igifungo cy’imyaka 20 yari yarakatiwe n’urukiko rwo mu Bubirigi ntushaka ko asubizwa mu Rwanda.

Major Ntuyahaga yahamijwe icyaha cy’iyicwa ry’abasirikare 10 b’ababirigi bari bashinzwe umutekano wa minisitiri w’intebe, Agata Uwilingiyimana, biciwe mu nkambi ya gisirikare ya Kigali muri 94.

Umuryango we rero wahagurukiye kurwanya icyemezo cy’Ububirigi cyo kumwohereza mu Rwanda.

Umuryango we utuye muri Denmark urasaba ko yakwemererwa akawusangayo aho kumwohereza mu Rwanda, bikavugwa ko azoherezwa muri icyo gihugu ku wa Gatanu.

Iki ni ikiganiro BBC yagiranye n’umukobwa we, Muhorakeye Bernadette, abanza kutubwira impamvu badashaka ko Ntuyahaga yoherezwa mu Rwanda.