Umusirikare w’u Rwanda yinjiye muri Uganda yirukankanye umugore utwite mbere y’uko agwa agapfa!

Polisi ya Uganda itangaza ko yaraye itanze umurambo w’umugore ukomoka mu Rwanda wapfiriye ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda.

Umuvugizi wa polisi yo mu burengerazuba bwa Uganda, Elie Matee, yasobanuye mu cyegeranyo yasohoye kuri uno wa kane ko uwo mugore w’imyaka 37 yituye hasi yiruka ngo acike abapolisi b’u Rwada bamwirukagaho we n’abandi bababuza kwinjira muri Uganda aho bari bagiye guhaha ejo ku wa gatatu.

Abari kumwe na nyakwigendera babwiye Ijwi ry’Amerika ko abasirikare b’u Rwanda babirukankanye babasubiza ku butaka bw’u Rwanda.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika muri Uganda Ignatius Bahizi ni we wateguye iyi nkuru.


Uko abaturage basobanura ukuntu umusirikare yamwirukankanye