UMWAMI W'UMWAGA NI WE WIMYE MU GIHUGU CY'AMASEZERANO

Thomas Sankara Habyarimana

Muri aka karere ka East Africa no kuzamuka iyo mw’ihembe ryayo, usanga hari abantu barwanira isezerano rimwe gusa, buri wese yiyumvira ko mu gihugu cye ari ho hazaboneka umutware w’isezerano. Mwarabyiboneye ko muri Ethiopia mu gihe cya Haile selassie, bari bagize ngo bavumbuye, nyuma bimurangiriraho nabi cyane. Nubwo yari yamamaye ngo yakomokaga ku mugore ukomoka ku mwami Salomon. Ubusanzwe, uwo mutware w’isezerano agomba kuba akomoka ku mugabo ukomoka kwa Salomon mwene Dawidi. Ubu noneho akarere kaheze mu gihirahiro, kuko Abasudani barabikimbagira ngo kuko badusumbya uburebure twese, kdi bakaba bazi gusenya no gusiribanga nkuko byanditswe muri “Isaiah 18”. Abarundi bo nabonye hari umunyarwanda watwambuye ibyacu byose, arabibihera, uretse ko Abarundi n’ubundi turi abavandimwe, ndetse n’Abanyamulenge bose baryamye kw’ibanga, nta kibazo turi bamwe!

None rero muri ibyo byose, aho kugumya kurwanira igihugu cy’amasezerano ntitwareba igihugu gifite Umwami w’umwaga, wishyira hejuru y’ikitwa imana cyose cyangwa igisengwa, akaba ari ho tumenya neza tudashidikanya ko ari ho gihugu cy’amasezerano giherereye? Ahari Umwami wogezanywa icyubahiro ku bamwemera bose. Umwungeri gito utita ku ntama zizimiye, Umushumba gito udashaka izatatanye, Umugabo gito utunga izavunitse, ntaragire n’inzima uretse kurya izibyubushye akaguguna n’inzara zazo (Zekaria 11:15-17). Umugabo wikubira imitungo yose y’igihugu akambura, akica abacuruzi bakomeye bose, n’abasigaye akabagugunira mu misoro idasobanutse ya hato na hato, bakitungirwa na serumu.

Ni umuntu w’insuzugurwa, utahawe icyubahiro cy’ubwami, wihesheje igihugu kwihakirizwa kwe, noneho ingabo zikamutemba imbere ari nyinshi nk’umwuzure, zikamenagurika, ndetse zirimo n’umutware w’isezerano (Daniel 11:21-22). Ntimubona se ko ari cyo cya “IKizira cy’umurimbuzi”(Mathiew 24:9-18) gihagaze ahera, kigomba kubanziriza Umutware w’isezerano? Ni nde mu perezida w’umwicanyi muri kano karere ubyiyemerera , bakanabimukomerera amashyi? Ni nde usingizwa cyane n’abapfu bamwemera bose bakamwita Messiya, Yezu, Imana…. ndetse hari n’igihe ubona ari hejuru y’Imana ngo kuko yakoze ibitangaza bikomeye n’Imana itashobora!!! Ni nawe mutegetsi muri kano karere, abamurwanya bita H.E/ Nyakubahwa, kabone niyo izo ndyarya zimuturuka hejuru zimunenga, zijya kusa zimwita “Nyakubahwa”. Aho hari uwo mutegetsi muri kano karere, ni ho gihugu cy’amasezerano.

Imana rero ishimwe cyane ko uwo mwanzi w’ibyiza yahawe iherezo ntarengwa rikaba rigeze, Imana ishimwe cyane ko igiye kuduha gakondo yacu no kuduha umugisha ari wo mahoro twaharaniye twanga kuramya Ikizira cyirimbura. Imana ishimwe imuhaye iherezo ry’ubutegetsi bwe kdi ikatugirira imbabazi ikirengagiza ubwinshi bw’abanyabyaha batumye Imana imuduha ho igihano kuva 1990 kugeza ubu aducura bufuni na buhoro. Igihe cy’imbabazi zayo kikaba kirageze, ibyo yadusezeranyije byose ibibi n’ibyiza birasohoye!

Thoma Sankara H.
18/06/2015