Umwiherero Gabiro 2016:Ese President Kagame yashatse kuvuga iki mu by'ukuri?

Perezida Kagame yavuze ko bibabaje kuba abayobozi bakuru muri Leta bahora mu ngendo zidashira mu mahanga, yanzura ko nta muyobozi uzajya apfa gusohoka igihugu atagaragaje impamvu zifatika.

“Hari umuturanyi wandushije ubutwari, Perezida wa Tanzania Magufuli, ndemeranya na we, we yarabihagaritse, wagira ngo abaminisitiri bacu bafite ibiraka bakora mu mahanga! We yandushije ubugabo, ndimo ndamwigiraho (Magufuli)”

Nsesenguye uko mbishoboye nsanze ari urujijo, ahubwo hari ikindi yaragamije:

1. Nta Ministri kuri ubu utunze passport nyarwanda, ndetse ntibemerewe gusohoka badafite Ordre de Mission iturutse muri Presidence. Ikindi nuko bagendera kuri Passport de service babona igihe bagiye gusohoka. Ninde utanga uruhusa rwo kujya mu manama hanze? Ninde ubaha amafranga ya mission, ese n’abahe ba Ministri bakunze kugenda cyane?

2. Ati ndimo kwigira kuri Dr Magufuli: ibi biratangaje cyane. Nubwambere numva President Kagame yigira ku muntu, ahubwo noneho akaba President wa Tanzania. Ese byaba ari ikimwaro ko ubu impinduka zirimo gukorwa muri Tanzania zirimo gushimwa n’amahanga, noneho we bikaba byaramunaniye.

Icyo mbona muri iyi mvugo, nuko President Kagame ashobora kuba yakoresheje imvugo ya Dr Magufuli kugira ahume amaso abayobozi yambuye passports. Niba nabwo ari muri gahunda yo kugabanya amafranga akoreshwa mu ngendo, ntiyibagirwe ko Dr Magufuli atari yajya mu rugendo na rumwe hanze y’Igihugu kuberako afite imirimo myinshi y’abaturage ba Tanzania agomba gukora, ahubwo akoherezayo Ministre w’Ububanyi n’Amahanga cg Vice President.

Ikindi gitangaje nuko yavuze ko iyo akoresha Inama y’aba ministre harubwo haba haburamo 5 bari hanze. Nkaba nibaza niba igihe adahari Inama y’abaministre iterana, ese iyoborwa nande, ese bo ntibabaza bati CEO wa Rwanda arihe?

Uko bimeze kose, iyi mvugo yakoresheje irimo ibintu bibiri by’ingenzi: Icya mbere nuko Leta nta mafranga ifite, igomba kwigoma bimwe na bimwe. Icya kabiri nuko hari abayobozi benshi bambuwe passports, noneho bakaba barimo kubahuma amaso kumpamvu zabiteye.

Biracyaza.

Caritas Kanyana