Uruhare rwa Sisi Evariste mw’itekerezwa n’ishingwa ry’ishyaka PL (Parti Libéral)/ Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana.

Sisi Evariste

Mu by’ukuri kuva mu mpera z’umwaka wa 1990, inama n’utunama ziga kw’ishingwa ry’ishyaka ritavuga rumwe na MRND, zarakozwe mu mugi wa Kigali, zahuriragamo abahutu gusa. Mu kwezi kwa gatatu 1991, ngo nibwo abakoraga inama bananiranwe babyara ibikundi bibili, icyaje kuvutsa cg kuzura MDR n’icyaje kuvukamo PSD. Mu by’ukuri bananiranwe bapfa gusa izina bakwita ishyaka bashakaga gushinga.

Mu kwezi kwa kane 1991, nibwo ibyitso byafunguwe maze inama turazungikanya turi abatutsi gusa gusa, natwe twiga kucyakorwa, Sisi Evariste niwe wari coordinateur wa groupe yacu ndetse inama nyinshi twazikoreye iwe.

Twagiranye umubonano n’abaje kuba ba fondateurs ba PSD ariko turananiranwa; inama twayikoreye muri cabinet medical ya Dr Gafaranga hariya iNyamirambo.

Nyuma y’iminsi ibarirwa ku ntoki, Sisi Evariste wari en contact na Mugenzi aduhuza na Mugenzi na bagenzi be Mbonampeka Stanislas na Agnès Ntamabyaliro, bo tubasha kumvikana, twakoreye Inama mu biro bya Mugenzi munsi ya Rond Point gato umuntu agana ku Muhima. Nyuma y’iminsi nk’itatu, twongera kugira inama muri Hotel Chez Lando, twemeza gushinga PL, nyuma y’icyumweru dukoranira muri SORWACI ya Mugenzi ku Mulindi maze twemeza burundi statuts n’izina ry’ishyaka.

Nk’umuntu wafatanyije n’abandi gushinga PL, nzi neza ko koko abagabo Mugenzi Justin na Sisi Evariste, aribo bakoze coordination na mobilisation mw’ishingwa rya PL.

Ikindi gikorwa cy’ingenzi mu miterere y’imikurire y’ishyaka PL, ni ivuka ry’ikinyamakuru Rwanda Rushya, by’umwihariko numuro 1 y’iki kinyamakuru ifite inyito igira iti : “Ni nde uzitoragurira abatutsi, ni PL” .

Kameya nyiri iki kinyamakuru, yatugishije inama kuri iyi nyito, inama yayitugishije turimo dutegura itangazwa ry’ishyaka, maze journal Rwanda Rushya iba ivukiye rimwe na PL.

Mu bihe byakurikiyeho, kubera ko Sisi Evariste ingoma ya Habyalimana yari yaramugize ruharwa, bongeye kumufunga muri 1992, afunguwe ahita ahungira iBurundi, PL ikomeza urugamba adahari kugeza ahungutse nyuma y’intsinzi y’Inkotanyi muri juin 1994.

Tatien Ndolimana Miheto

1 COMMENT

  1. Ni byiza ko murindagirira ishyanga mwe mwese mwagize uruhare mu gusenya iki gihugu. Mube mugumye iyo giterwa inkingi tubanze tugisubize ku murongo, kugeza ubwo abenshi muzajaya muza munayobagurika mu gihugu cyanyu. Imbwa gusa.

Comments are closed.