{"id":10850,"date":"2015-07-11T04:41:12","date_gmt":"2015-07-11T02:11:12","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=10850"},"modified":"2016-10-21T22:20:29","modified_gmt":"2016-10-21T22:20:29","slug":"ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/","title":{"rendered":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO"},"content":{"rendered":"<p>U Rwanda ni agahugu gato kuzuye ibibazo ndengakamere. Kimwe muri ibyo bibazo cyigaragaje kw\u2019itariki ya 20 kamena 2015 ku kibuga cy\u2019indege cya Heathrow. Generali Karenzi Karake, uyobora urwego kabuhariwe rw\u2019umutekano<!--more--> w\u2019igihugu n\u2019inzego zishinwe ubutasi z\u2019u Rwanda, yahagaritswe na polisi ya Londres hejuru ya manda yo kumuhagarika y\u2019i Burayi, ifitanye isano n\u2019ibirego bya Espagne byo muri 2008 ku mpfu z\u2019aba spagnols n\u2019abandi benegihugu bo mu bihugu by\u2019i Buraya.<\/p>\n<p>Ikindi gitangaje ni ijambo rya perezida Paul Kagame aherutse kuvuvira mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda kuri 25 kamena 2015. Mu gihe yavugaga ku ifatwa rya jenerari Karenzi Karake, perezida Kagame ntiyashoboye kwihangana ngo ahishe umujinya w\u2019umuranduranzuzi no kurangwa n\u2019ikihebe imbere y\u2019imbaga yijimye, yaranzwe kandi no kuvangavanga kwitotomba nk\u2019urengana hamwe no gushyira mu majwi Abongereza n\u2019abo ku migabane y\u2019ibihugu byateye imbere, n\u2019invugo ye yo kwigira umunyafurika kurusha abandi, invange y\u2019ibitutsi n\u2019itoteza yamenyereje abanyarwanda n\u2019abandi bose bashaka kwerekana ko banze akarengane mu Rwanda.<\/p>\n<p>Yarongeye kandi atunga urutoki documentaire ya BBC yo muri 2014, yitwa \u00abIbitaravuzwe ku mateka y\u2019u Rwanda\/Rwanda\u2019s Untold Story\u00bb, ndetse n\u2019ubuhamya buherutse gutangirwa mu nteko ishinga amategeko y\u2019Amerika ku byerekeye ihonyorwa ry\u2019uburenganzira bwa muntu mu Rwanda. Ibyo yabyerekanye nk\u2019ikimenyetso ko ibihugu byateye imbere bikorana \u00abn\u2019ingegera n\u2019abicanyi\u00bb mu mugambi wo gufata intwari (yivuga ku giti cye) nk\u2019abicanyi.<\/p>\n<p>Hari aho yageze mu ijambo rye ry\u2019iminota mirongo itanu, perezida Kagame abaza ibibazo bibiri kandi afitiye ibisubizo, ariko atashoboraga gutanga kubera impamvu zigaragarira buri wese. Yarabajije ngo: \u00abKuva ryari twahindutse abicanyi?\u00bb arongera ati : \u00abHabanje Ubufaransa, hakurikiraho Espagne none ni Ubwongereza. Ni nde uzakurikiraho?\u00bb<\/p>\n<p>Perezida Paul Kagame ni umuntu wikoreye amabanga y\u2019ubwicanyi ndenga kamere. Ni we nkingi mwikorezi, kandi akamenya byinshi ku ihohoterwa ry\u2019uburenganzira bw\u2019ikiremwa muntu byakozwe na bamwe mu ngabo yayoboye kuva muri 1990, harimo ibyagaragajwe n\u2019icyegeranyo cyakozwe na Gersony Robert, ihanurwa ry\u2019indege ya perezida Habyarimana, ubwicanyi bw\u2019abepisikopi b\u2019abanyarwanda, itsembatsemba ry\u2019impunzi mu nkambi i Kibeho, ubwicanyi bwagaragajwe n\u2019icyegeranyo Mapping cya Loni muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo, ubwicanyi butabarika n\u2019irigiswa ndetse n\u2019uruhare rwe mu gutangiza jenoside\/itsembatsemba ryo mu 1994.<\/p>\n<p>Kuva yagera ku butegetsi yakomeje kudindiza no kuburizamo imigambi yose yagerageza kugaragaza amateka y\u2019akaga kagwiriye u Rwanda uko ari, mu gihe byagaragaye ko imiryango yose y\u2019Abanyarwanda, Abahutu, Abatutsi n\u2019Abatwa yazengerejwe n\u2019icagagurana hagati y\u2019abenegihugu byagiye biyoborwa n\u2019udutsiko turi ku butegetsi. Nyuma ya 1994, inzego z\u2019igihugu n\u2019inzego mpuzamahanga zishinzwe ubutabera zigendera ku gitugu cya FPR zakoze iperereza kandi zihana ubwicanyi bwakorewe abatutsi, ariko zirengagiza nkana ubwicanyi bwakorewe Abahutu. Kwikoma cyane, bisa n\u2019uburwayi, filime yakozwe na BBC yitwa \u00abIbitaravuzwe ku mateka y\u2019u Rwanda\/Rwanda\u2019s Untold Story\u00bb, ifungwa burundu ry\u2019umuyoboro wa BBC w\u2019ikinyarwanda, kwibasira Abongereza bazira ihagarikwa rya jenerari Karenzi Karake, n\u2019ibitutsi bimaze kumenyerwa ku banyarwanda basaba ko habaho amahindura ashingiye ku kuri nyakuri, ni ibimenyetso ko ubutegetsi bwa perezida Kagame buri mu marembera. Kagame arimo ararasa imyambi ya nyuma yarasigaranye mu mutana we.<\/p>\n<p>Bimwe mu bitera ipfunwe Kagame ni uko Ubwongereza na Leta z\u2019unze ubumwe z\u2019Amerika, bitewe no kwicuza ndetse n\u2019inyugu zijyanye na politique yabo, bakomeje kumukingira ikibaba ku byo yakagombye kuryozwa mu gihe cyashize, none ubu bakaba barafashe ibyemezo byo kuvugira ahagaragara no gukora ibijyanye n\u2019inyungu za buri munyarwanda. Ku itariki ya 25 kamena, Urwego rwa Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika rushinzwe ububanyi n\u2019amahanga rwatangaje icyegeranyo cyarwo cy\u2019umwaka wa 2014 ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda cyerekana ku buryo butaziguye ukuntu imitegekere n\u2019uburenganzira bwa muntu mu Rwanda biteye inkeke cyane.<\/p>\n<p>Urwo rwego rwagize ruti: <em>\u00abIbibazo by\u2019ingutu ku burenganzira bwa muntu mu gihugu byiganjemo irigiswa, itoteza rya guverinoma, ifungwa ry\u2019abatavuga rumwe na Leta n\u2019abaharanira uburenganzira bw\u2019ikiremwa muntu, kimwe n\u2019abantu bose fafatwa nk\u2019ababangamiye Leta mu kwikubira ubutegetsi no gucunga abaturage; gusuzugura ihame ry\u2019amategeko bya bamwe mu bashinzwe umutekano n\u2019inzego z\u2019ubutabera; ndetse n\u2019ikumira ry\u2019ubwisanzure bw\u2019abaturage. Kubera impamvu z\u2019ihezwa rikoreshwa mu kwandikisha no mu mikorere y\u2019amashyaka atavuga rumwe na Leta wongeyeho uburyo bukoreshwa mw\u2019ibaruramajwi bukorwa mu bwiru, abanyagihugu nta bwinyagamburiro bagira bwo kuba bahindura guverinoma binyuze mu matora adafifitse kandi akozwe ku buryo bubereye buri wese\u2026. Ibindi bibazo by\u2019ingutu k\u2019uburenganzira bw\u2019ikiremwa muntu harimo: kwica abantu batakatiwe igihano cy\u2019urupfu, iyica rubozo, ifatwa nabi rikarishye mu magereza no mu bigo bifungirwamo abantu, ifatwa ry\u2019abantu ridakurikiza amategeko, igifungo cy\u2019agateganyo kirengeje urugero, no kurengera nkana uburenganzira bw\u2019ubuzima bwite bw\u2019abanyagihugu bikorwa na guverinoma. Guverinoma ikumira ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, kwandika, gukora amanama no kwishyira hamwe.\u00bb<\/em><\/p>\n<p>Ubwo yagiraga icyo avuga ku mugambi, ubu ugeze kure, wo gushaka guhindura itegekonshinga ry\u2019u Rwanda bya FPR iri ku butegetsi ishaka gukora ku buryo perezida Kagame yazategeka ubuziraherezo nyuma ya 2017, Urwego rwa Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika rushinzwe ububanyi n\u2019amahanga rwagize ruti:<\/p>\n<p><em>\u00abLeta zunze ubumwe zisanga demokarasi irushaho gutera imbere iyo binyuze mu nzego zifite ingufu, aho kugirango abantu babe aribo bagira ingufu. Kubera iyo mpamvu, umunyamabanga wa Leta Kerry yaravuze ngo: ntidushyigikiye ihindagurwa ry\u2019itegeko nshinga mu nyungu zihariye cyangwa iza politiki by\u2019abantu ku giti cyabo cyangwa iz\u2019amashyaka. Guhindura itegekoshinga no kuvanaho umubare ntarengwa wa za manda mu gukingira ikibaba abacyuye igihe, binyuranije n\u2019amahame ya demokarasi, kandi bikagabanya ikizere ku nzego zigendera kuri demokarasi. Leta zunze ubumwe ziyemeje gushyigikira ihererekanya ry\u2019ubutegetsi rishingiye kuri demokarasi muri 2017 binyuze mu nzira y\u2019amahoro biganisha ku gushyiraho umutegetsi mushya uzaba yatowe n\u2019abanyarwanda.\u00bb<\/em><\/p>\n<p>Mu kunengana ikinyabupfura gike Ubwongereza, Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika, n\u2019ibihugu byateye imbere yibutsa ibyerekeye ubucakara, ubukoroni, impfu za miliyoni z\u2019abantu, anavuga ko \u00ababanyafurika bafashwe nk\u2019intego bigiraho kurasa\u00bb Perezida Kagame yashakaga kuyobya uburari, no guhamagarira abanyarwanda n\u2019abanyafurika gutera umugongo Ubwongereza na Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika byashyize ingufu mu gushaka ku mugaragaro ko buri wese yaryozwa ibyo yakoze. Yashakaga kandi kugerageza gutera ubwoba no gucecekesha ibyo bihugu byahoze ari inshuti ze ngo bireke kugira icyo bikora bityo nawe yikomereze amabi ye. Ikindi kandi akeneye gutsimbarara ku butegetsi kugirango yikingire ikibaba ku byo yakagombye kubazwa yihisha inyuma y\u2019ubudahangarwa ahabwa n\u2019umwanya w\u2019umukuru w\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Naho ku bijyanye no kwerekana ko akunda byahebuje ubwiyunge bw\u2019abanyafurika, ibikorwa bye biramunyomoza. Kuva yafata ubutegetsi muri 1994, perezida Kagame n\u2019ingoma ye byabaye intandaro y\u2019ubushotoranyi no kuvutsa umudendezo ibindi bihugu mu karere k\u2019ibiyaga bigari. Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ibigereranyo bimwe na bimwe byerekana ko ibitero bye byahitanye inzira karengane zishyika kuri miliyoni esheshatu. Yarwanije ingabo z\u2019Ubuganda, iza Angola, iza Zimbabwe ndetse n\u2019iza Namibiya. Tanzaniya na Afurika yepfo yabihinduye abanzi be kubera ko ibyo bihugu by\u2019Afurika byamugiraga inama yo gukora politiki buri wese yibonamo akoresheje inzira y\u2019amahoro inyuze mu biganiro, no kureka ibikorwa by\u2019iterabwoba akorera mu bihugu by\u2019amahanga. Muri iki gihe yatangiye imigambi yo kubuza amahoro igihugu cy\u2019abaturanyi cy\u2019Uburundi.<\/p>\n<p>Ihuriro Nyarwanda RNC rishyira imbere impinduramatwara inyuze mu nzira y\u2019amahoro na demokarasi kugira ngo rikumire ikintu cyose cyakongera gutera jenoside z\u2019urudaca mu Rwanda. Ubwisanzure n\u2019ubutabera nizo ntego zacu z\u2019ibanze, nibyo nkingi ibindi byose bigomba gushingiraho. Bitabaye ibyo, ibisigaye byose nta mumaro. Hariho ubwisanzure n\u2019ubutabera, abanyarwanda bashobora kubaho neza, bakishyira bakizana mu bwubahane nta mususu kandi mu mahoro.<\/p>\n<p>Kugira ngo dushobore gushyiraho no gushimangira ku buryo burambye ubutegetsi bugendera ku mategeko, demokarasi, ukwishyira ukizana n\u2019amahoro, dukeneye ku buryo bwihutirwa, mu gihe cy\u2019inyuma ya Kagame muri 2017 na nyuma yahoo, ibi bikurikira:<\/p>\n<p>1) Ivugururwa ry\u2019inzego zishinzwe umutekano kuburyo buri wese azibonamo, bityo zishobore kucunga neza umutekano wa buri muturage;<br \/>\n2) Gufungura nta mananiza urubuga rw\u2019ibikorwa by\u2019amashyaka ya politiki, amashyirahamwe y\u2019abasiviri, ibinyamakuru n\u2019ibyerekeye kungurana ibitekerezo mu bwisanzure;<br \/>\n3) Gutegura no gushyiraho gahunda yo gusasa inzobe (kubwizanya ukuri) igamije ubumwe n\u2019ubwiyunge nta guheza, bizaganisha k\u2019ubutabera bwomora ibikomerere by\u2019abanyarwanda bose, bityo tuzashobore kuvura burundu ihahamuka ryakomeje kwibasira abanyarwanda uko imyaka yagiye isimburana.<\/p>\n<p>Dushimiye urwego rw\u2019umutekano (police) rwa Londres igikorwa cy\u2019ubutwari rwagaragaje<\/p>\n<p><strong>Dr. Th\u00e9og\u00e8ne Rudasingwa *<\/strong><br \/>\nUmuhuzabikorwa<br \/>\nIhuriro Nyarwanda RNC<br \/>\nWashington DC.<br \/>\nUSA<br \/>\nE-mail: ngombwa@gmail.com<br \/>\nItariki ya 3 Nyakanga 2015<\/p>\n<p><em>*Dr. Th\u00e9og\u00e8ne Rudasingwa yabaye umunyamabanga mukuru wa FPR (1993-1996), aba ambasaderi w\u2019u Rwanda muri Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika (1996-1999), ndetse aba n\u2019ukuriye ibiro bwite bya perezida Paul Kagame (2000-2004). Yatanze ubuhamya imbere y\u2019abacamanza b\u2019Ubufaransa Marc Tr\u00e9vidic na Natalie Poux mu iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya perezida Habyarimana muwi 1994, ndetse n\u2019imbere y\u2019umucamanza w\u2019umuspanyoro Fernando Andreu Merelles ku bijyanye n\u2019birego jenerari Karenzi Karake n\u2019abandi baregwamo. Yananditse igitabo cyitwa Healing A Nation and Urgent Call (Kuvura Igihugu n\u2019Intabaza Yihutirwa).<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>U Rwanda ni agahugu gato kuzuye ibibazo ndengakamere. Kimwe muri ibyo bibazo cyigaragaje kw\u2019itariki ya 20 kamena 2015 ku kibuga cy\u2019indege cya Heathrow. Generali Karenzi Karake, uyobora urwego kabuhariwe rw\u2019umutekano<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":9733,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[62],"tags":[],"class_list":["post-10850","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"U Rwanda ni agahugu gato kuzuye ibibazo ndengakamere. Kimwe muri ibyo bibazo cyigaragaje kw\u2019itariki ya 20 kamena 2015 ku kibuga cy\u2019indege cya Heathrow. Generali Karenzi Karake, uyobora urwego kabuhariwe rw\u2019umutekano\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2015-07-11T02:11:12+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2016-10-21T22:20:29+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"348\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"389\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"headline\":\"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO\",\"datePublished\":\"2015-07-11T02:11:12+00:00\",\"dateModified\":\"2016-10-21T22:20:29+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/\"},\"wordCount\":1440,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2015\\\/03\\\/rudasingwa.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/\",\"name\":\"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2015\\\/03\\\/rudasingwa.jpg\",\"datePublished\":\"2015-07-11T02:11:12+00:00\",\"dateModified\":\"2016-10-21T22:20:29+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2015\\\/03\\\/rudasingwa.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2015\\\/03\\\/rudasingwa.jpg\",\"width\":348,\"height\":389,\"caption\":\"Dr Theogene Rudasingwa\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\",\"name\":\"therwd\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda","og_description":"U Rwanda ni agahugu gato kuzuye ibibazo ndengakamere. Kimwe muri ibyo bibazo cyigaragaje kw\u2019itariki ya 20 kamena 2015 ku kibuga cy\u2019indege cya Heathrow. Generali Karenzi Karake, uyobora urwego kabuhariwe rw\u2019umutekano","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2015-07-11T02:11:12+00:00","article_modified_time":"2016-10-21T22:20:29+00:00","og_image":[{"width":348,"height":389,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwd","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/"},"author":{"name":"therwd","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"headline":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO","datePublished":"2015-07-11T02:11:12+00:00","dateModified":"2016-10-21T22:20:29+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/"},"wordCount":1440,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/","name":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg","datePublished":"2015-07-11T02:11:12+00:00","dateModified":"2016-10-21T22:20:29+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2015\/03\/rudasingwa.jpg","width":348,"height":389,"caption":"Dr Theogene Rudasingwa"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ifatwa-rya-generali-karenzi-karake-ryakozwe-nubwongereza-rifite-ishingiro\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"IFATWA RYA GENERALI KARENZI KARAKE RYAKOZWE N\u2019UBWONGEREZA RIFITE ISHINGIRO"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03","name":"therwd","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10850","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=10850"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10850\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":16297,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10850\/revisions\/16297"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/9733"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=10850"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=10850"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=10850"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}