{"id":1126,"date":"2012-08-22T11:42:09","date_gmt":"2012-08-22T09:42:09","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=1126"},"modified":"2012-08-22T11:42:09","modified_gmt":"2012-08-22T09:42:09","slug":"jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/","title":{"rendered":"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi"},"content":{"rendered":"<p>Abaturage bo mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Jabana bishimira ibikorwa by\u2019iterambere bamaze kugezwaho, ariko bamwe muri bo bavuga ko imodoka zikora imihanda mishya zimaze kubononera imyaka, abandi amazu y\u2019abo ari hagati mu mihanda, kandi ubuyobozi buvuga ko nta ngurane bazahabwa.<!--more--><\/p>\n<p>Ubuyobozi buvuga ko ibikorwa by\u2019amajyambere ari bo babyisabiye, icyakora bamwe mu baturage bavuga ko basinyiye ibyo batazi neza kuko batari kwemera ko ibikorwa by\u2019amajyambere byasiga bibicishije inzara.<\/p>\n<p>Iyo ugeze muri uyu Murenge wa Jabana, usanga imihanda myinshi mishya inyurana mo, ndetse hari naho usanga inzu ihagaze hagati y\u2019imihanda ibiri idahuye, kandi ba nyir\u2019iinzu bakubwira ko batazi icyo Leta yiteguye kubakorera.<\/p>\n<p>Benshi iyo ubabajije icyo abayobozi babijeje, baragusubiza bati \u201cUmunsi umwe twakoze umuganda maze turiyandika, turasinya kandi twari tuzi ko dusinyiye imibyizi\u201d. Ariko hari n\u2019uwavuze ko bigeze gusinyira ko bemeye kugezwaho ibikorwa by\u2019iterambere harimo imihanda ndetse n\u2019umuriro, nyamara nyuma baje gutungurwa no kubona imodoka ziterera ibijumba n\u2019imyumbati hejuru, kandi ngo babuze uwo babaza imyaka yabo.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana1.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignright  wp-image-1128\" title=\"jabana1\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana1.jpg\" alt=\"\" width=\"389\" height=\"291\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana1.jpg 555w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana1-300x224.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 389px) 100vw, 389px\" \/><\/a>Gusa iyo uhageze usanga ahanyura imihanda utamenya ko higeze imyaka, keretse ahari urutoki cyangwa amasaka, n\u2019ubwatsi bw\u2019amatungo.<\/p>\n<p>Umwe mu bari munzu yagonzwe n\u2019umuhanda yaravuze ati \u201cNiko mwana wa, baradusobanuriye nuko twemerako intoki zacu zitemagurwa n\u2019ibimodoka bikora imihanda bene aka kageni, kandi no kuva nabona imodoka iza kugonga inzu yanjye sinigeze mbona abayobozi aha ngo bambwire uko bizarangira\u201d.<\/p>\n<p>Nyamara iyo wegereye abayobozi b\u2019ibanze bakubwira ko nta numwe uzishyurwa imyaka yangirijwe n\u2019imihanda, kuko abaturage aribo bisabiye ibikorwa by\u2019iterambere.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Umudugudu wa Cyeyere ari we Mwizere Jean Claude yaravuze ati \u201cUmuti urasharira, abayobozi nitwe tumenya icyateza abaturage imbere kandi nibo basabye ko twabaha imodoka zo kubakorera imihanda, kuko bari batangiye gukoresha amasuka yabo\u201d.<\/p>\n<p>N\u2019ubwo abaturage bamwe bavuga ko impapuro basinye ho zajyanywe n\u2019abayobozi b\u2019utugari n\u2019imirenge, abayobozi nabo bakavuga ko bakurikije ibyifuzo by\u2019abaturage ariko nta muyobozi n\u2019umwe wagaragaje inyandiko.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana2.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignleft  wp-image-1129\" title=\"jabana2\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana2.jpg\" alt=\"\" width=\"389\" height=\"291\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana2.jpg 555w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana2-300x224.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 389px) 100vw, 389px\" \/><\/a>Yongeraho ko kubona umuhanda bifite akamaro karuta imyaka yononekaye. Umuyobozi w\u2019Akagari ka Akamatamu Mutamba Allen yavuze ko iyi mihanda yakozwe biturutse ku cyifuzo cy\u2019abaturage, bityo nta kibazo bakagombye kugira.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Umurenge wa Jabana Shema Jonas yavuze ko Leta yari kubishyurira gusa iyo ibasaba kuhashyira ibikorwa by\u2019iterambere, ariko nibo babyisabiye.<\/p>\n<p>Yerekanye imihanda ubona ko yaharuwe n\u2019amasuka y\u2019abaturage, maze avuga ko kuzana imodoka zikora imihanda byari gahunda yo kubunganira aho bari bagejeje, ariko abaturage bakavuga bati \u201cNtibyumvikana kuko twakoresheje amasuka mu muganda nk\u2019uko bisanzwe, kandi nta myaka twigeze twonona cyangwa ngo dusige inzu tuyikikije imihanda\u201d.<\/p>\n<p>Gusa usibye nk\u2019inzu zagonzwe n\u2019imihanda kuburyo bugaragara, hari n\u2019amazu yegereye imihanda cyane kandi ukabona ko ba nyirayo nta bushobozi bafite bwo kwiyubakira ahandi, dore ko n\u2019ubundi hari inzu ubona zidakomeye cyane.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana3.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignright  wp-image-1130\" title=\"jabana3\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana3.jpg\" alt=\"\" width=\"389\" height=\"291\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana3.jpg 555w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/08\/jabana3-300x224.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 389px) 100vw, 389px\" \/><\/a>Umuyobozi w\u2019Akarere ka Gasabo Wungirije ushinzwe iterambere, Munana Jean Claude yavuze ko bagiye kubikurikirana kugirango ni biba ngombwa abo imyaka yabo yagonzwe babe bakwishyurwa. Munana yongeyeho ko abakiri muri ziriya nzu zikikijwe n\u2019imihanda bagitegereje kuvugana n\u2019ubuyobozi uko bizagenda kuko badashaka kwimuka kandi ntibari gutuma guharura imihanda bidatangira.<\/p>\n<p>Munana yavuze ko buri wa Gatatu w\u2019icyumweru bakira ibibazo by\u2019abaturage umunsi wose, asaba ko haramutse hari ufite ikibazo yahagera.<\/p>\n<p>Ingingo ya 29 y\u2019Itegekonshinga ry\u2019u Rwanda riravugango \u201cBuri muntu afite uburenganzira ku mutungo bwite, waba uwe ku giti cye cyangwa uwo afatanyije n\u2019abandi. Umutungo bwite, uw\u2019umuntu ku giti cye cyangwa uwo asangiye n\u2019abandi ntuvogerwa\u201d. Rikongeraho riti \u201cUwo mutungo ntushobora guhungabanywa keretse ku mpamvu z\u2019inyungu rusange mu bihe no mu buryo buteganywa n\u2019amategeko kandi habanje gutangwa indishyi ikwiye.<\/p>\n<p>Jotham Ntirenganya<\/p>\n<p><em>Source:igihe.com<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abaturage bo mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Jabana bishimira ibikorwa by\u2019iterambere bamaze kugezwaho, ariko bamwe muri bo bavuga ko imodoka zikora imihanda mishya zimaze kubononera imyaka, abandi amazu y\u2019abo ari hagati mu mihanda, kandi ubuyobozi buvuga ko nta ngurane bazahabwa.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":1127,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[64],"tags":[],"class_list":["post-1126","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Abaturage bo mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Jabana bishimira ibikorwa by\u2019iterambere bamaze kugezwaho, ariko bamwe muri bo bavuga ko imodoka zikora imihanda mishya zimaze kubononera imyaka, abandi amazu y\u2019abo ari hagati mu mihanda, kandi ubuyobozi buvuga ko nta ngurane bazahabwa.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-08-22T09:42:09+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/\",\"name\":\"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-08-22T09:42:09+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"555\",\"height\":\"416\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda","og_description":"Abaturage bo mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Jabana bishimira ibikorwa by\u2019iterambere bamaze kugezwaho, ariko bamwe muri bo bavuga ko imodoka zikora imihanda mishya zimaze kubononera imyaka, abandi amazu y\u2019abo ari hagati mu mihanda, kandi ubuyobozi buvuga ko nta ngurane bazahabwa.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-08-22T09:42:09+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/","name":"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-08-22T09:42:09+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"555","height":"416"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/jabana-bimwe-ingurane-yimyaka-yabo-yangirijwe-nimihanda-none-bararirira-mu-myotsi\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Jabana : Bimwe ingurane y\u2019imyaka yabo yangirijwe n\u2019imihanda none bararirira mu myotsi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1126","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1126"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1126\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1126"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1126"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1126"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}