{"id":14221,"date":"2016-06-21T01:51:12","date_gmt":"2016-06-20T23:21:12","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=14221"},"modified":"2016-06-21T18:09:26","modified_gmt":"2016-06-21T15:39:26","slug":"impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/","title":{"rendered":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari?"},"content":{"rendered":"<p>Buri mwaka ku itariki ya 20 Kamena, ni umunsi mpuzamahanga w\u2019impunzi. Nta gushidikanya ko Urwanda rukiri mu bihugu bifite impunzi nyinshi. Witegereje mu myaka 50 ishize, wagira ngo abanyarwanda bajya ibihe byo guhunga igihugu!<!--more--> Ariko nyamara nta n\u2019umwe ubihitamo asetse. Ku banyarwanda ni akandare! Mu buhungiro hari abahamaze imyaka 22, hari abamaze imyaka irenga 50 (nk\u2019umwami Kigeli V Ndahindurwa), hari n\u2019abahunze\u00a0ejobundi. Hari abatahutse abandi bari guhunga. \u00a0Ari ejo, si ejobundi hashize, n\u2019uyu munsi biri uko! Ni nde utazi ko hari n\u2019abamaze guhunga bwa kabiri? Hari abahunze bari mu mugongo w\u2019ababyeyi, nyuma baratahuka, bukeye na bo bahunga bahetse abo bamaze kubyara! Buri wese ukora politiki akwiye kwibaza akaga gatera uru rujya n\u2019uruza.<\/p>\n<p><strong>Impunzi za politiki<\/strong><\/p>\n<p>Kimwe no mu Rwanda, n\u2019ahandi hose ku isi, ubuhunzi ni ingaruka za politiki ikorwa nabi. Ni na yo mpamvu, ibyangombwa zihabwa, biba byanditseho impunzi ya politiki (r\u00e9fugi\u00e9 politique). Bimwe mu biranga politiki mbi, harimo kutazirikana inyungu rusange z\u2019abenegihugu, kutihanganira abatanga ibitekerezo\u00a0binyuranye, nyamara\u00a0na byo bigamije ineza y\u2019igihugu, kwikubira, kwironda, kutubahiriza amategeko, ubugizi bwa nabi n\u2019iterabwoba bigamije ko abantu bayoboka ufatwa nk\u2019umunyabubasha.\u00a0Politiki\u00a0ya\u00a0\u00ab\u00a0humiriza nkuyobore\u00a0\u00bb, cyangwa isa na \u00ab\u00a0hunga twaje\u00a0\u00bb yakagombye gusimburwa na \u00ab\u00a0twubakane igihugu buri wese mu burenganzira bwe n\u2019uburinganire imbere y\u2019amategeko\u00a0\u00bb. Hakwiye gutekerezwa politiki izatuma n\u2019ejo, ejobundi ntawongera guhunga kubera ihinduka ry\u2019ubutegetsi, cyangwa kubera ko avuye ku mwanya w\u2019ubuyobozi bwo hejuru. Ibi, birareba abari ku butegetsi ndetse n\u2019abashaka kubasimbura. Izi mpande zombi zitabigizemo ubushake, umuti w\u2019ikibazo waba ukiri kure. Nyamara nta ruhande rutabifitemo inyungu.<\/p>\n<p>Mu mwaka w\u20192014, ishami ry\u2019umuryango w\u2019abibumbye ryita ku mpunzi, HCR (Haut Commissariat des Nations unies pour les R\u00e9fugi\u00e9s), ryatangaje ko\u00a0<a href=\"http:\/\/www.rfi.fr\/afrique\/20140820-rdc-refugies-rwandais-recenses-nord-kivu\">impunzi z\u2019abanyarwanda ziri muri Kongo (RDC)<\/a>\u00a0zonyine zageraga ku bihumbi 245.000.\u00a0 Mu ntara y\u2019amajyaruguru ya Kivu, hibaruje abagera ku bihumbi 199.000, na ho mu y\u2019amajyepfo hibaruzwa ibihumbi 42.000, abasigaye babarurwa mu ntara ya Kasai, Katanga, Maniema, na Kinshasa. Abo, ni abiyandikishije gusa, kuko abatariyandikishije ntibazwi, bityo ntibashyirwa muri iyo mibare. Uwakongeraho impunzi z\u2019abanyarwanda ziri hirya no hino muri Afrika (nka Zambiya, Zimbabwe, Afrika y\u2019Epfo, Kenya, Uganda, Kongo Brazzaville, Kameruni n\u2019ahandi), ukongeraho abari i Burayi, Amerika, Kanada, Aziya na Ostraliya, birumvikana ko umubare usaga ibihumbi 300.000. Aba bantu ni benshi, kandi n\u2019aho baba ibihumbi 10.000 gusa, bumva batizeye umutekano wabo basubiye mu gihugu, ubwabyo na cyo cyaba ari ikibazo gikwiye umuti.<\/p>\n<p><strong>Impamvu n\u2019imvano<\/strong><\/p>\n<p>Ubajije umutegetsi wo mu Rwanda impamvu ituma hakiri abanyarwanda bangana kuriya mu buhungiro, agusubiza ko abenshi bahunze igihe cy\u2019intambara na jenoside yo mu w\u20191994. Iyo umubajije impamvu abo badataha, agusubiza ko bafashwe bugwate n\u2019abakoze jenoside babarimo, bakaba bafite intwaro ku buryo ngo babuza abifuza gutaha, babatera ubwoba ko nibataha bazagirirwa nabi n\u2019ubutegetsi. Ikindi gisubizo umutegetsi wo mu Rwanda ashobora kuguha ni uko ngo abahunze babitewe n\u2019impamvu zabo bwite cyangwa biturutse ku byaha bakoze. Kenshi usanga, umutegetsi nk\u2019uwo akubwira ko uwahunze yanyereje amafaranga, iyo abarizwa mu bwoko bw\u2019abatutsi. Na ho iyo abarizwa mu bwoko bw\u2019abahutu, kenshi, umutegetsi wo mu Rwanda amushyira mu rwego rw\u2019abajenosideri. N\u2019ubwo impamvu nk\u2019iyo\u00a0ishoboka kuri bamwe, ariko umutegetsi ukusanyiriza abanyarwanda bahunze muri ako gatebo, aba ajijisha nkana, akabeshya yibeshya ku mpamvu za politiki y\u2019amashandikiranyo.<\/p>\n<p>Iyi politiki y\u2019amashandikiranyo, ishobora gufasha ufite ubutegetsi guhashya no kwihimura ku batavugarumwe na we, n\u2019abadashobora kuba inkomamashyi, ariko ntabwo ari politiki yubaka igihugu ku buryo burambye. Bitabaye ibyo, wasobarira ute abanyarwanda uburyo Dr Yozefu Kabuye Sebarenzi wari perezida w\u2019Intekonshingamategeko (1997-2000), yavuye mu Rwanda avuga ko ubuzima bwe bwari mu mazi abira? Uyu mugabo akiri perezida w\u2019Intekonshingamategeko yari yaratangiye gukurikirana ibikorwa bya guverinoma adatinya ba nyirububasha. Mu kumwikiza, ashumurizwa bagenzi be bamurega ibintu bidafashe birimo gukoresha nabi umutungo w\u2019Inteko, ku buryo n\u2019umuturage utarageze mu ishuri yumvaga ko ari \u00ab\u00a0amafitire\u00a0\u00bb (ikintu kitagira shinge na rugero). Kumukuraho ntibyari bihagije; yavuye mu gihugu avuga ko agerwa amajanja, agenda yihishe kandi ntacyo umutima umurega.<\/p>\n<p><strong>Intwaro ziri ukwinshi<\/strong><\/p>\n<p>Impunzi yakwiyemeza kuyoboka, yataha rwose nta kibazo yagira. Hari ingero nyinshi. Wasobanurira ute abanyarwanda, ukuntu Petero Selesitini Rwigema wahoze ari Minisitiri w\u2019Intebe (1995-2000), umunsi avuga ko yatse ubuhungio muri Amerika, agatangira kuvuga ibyo anenga aboyobozi bo hejuru, abafite ubutegetsi bavuze ko ari umujenosideri ruharwa. Bukeye bwaho, Rwigema yinjiye mu muryango w\u2019abasingiza i bukuru, yagizwe inyange agabirwa akazi, asubizwa imitungo ye. Izi ni ingero nke mu zindi nyinshi. Abaturage si impumyi, si n\u2019injiji. Barareba, bagaseka, bakagaya, bakumirwa, bakaryumaho.<\/p>\n<p>Hari uwabaza ati: \u00ab\u00a0none se ikibazo kirihe niba uyu Rwigema yarihakiwe akisubiranira ibye\u00a0\u00bb? Igisubizo: burya kubaho si ukurya no kuryama gusa. Burya kubaho si umutungo, si amafaranga, si n\u2019amaraha gusa.\u00a0Ahubwo kubaho nyabyo, ni ukuvuga icyiza ufite ku mutima, ni\u00a0no kugira uburyo bwo gushyira mu bikorwa ibitekerezo byiza wifitemo. Burya, iyo umuntu akora cyangwa avuga ibihabanye n\u2019umutimanama we, akabikora gusa kuko biri mu murongo w\u2019uwo ashagaye; aba ariho atariho. Mu\u00a0yandi magambo, ni ukwiyaka ubumuntu. Ubumuntu ni no gutekereza ubwawe ikintu cyiza, ukagikora kubera ko ari cyiza.<\/p>\n<p>Ni byo koko, hari igihiriri cy\u2019impunzi zavuye mu Rwanda zihungira muri Kongo no mu bindi bihugu mu w\u20191994.\u00a0Abategetsi b\u2019Urwanda bagiye mu bihugu binyuranye, bajyanye ubutumwa bugira buti: \u00ab\u00a0mu Rwanda ni amahoro, nimutahuke\u00a0\u00bb. Zimwe muri izo mpunzi zaratahutse. Ndetse hari n\u2019abashyizwe mu myanya y\u2019ubutegetsi, nka Seraphine Mukantabana wagizwe minisitiri ufite ikibazo cy\u2019impunzi mu nshingano ze (nyuma yo kuva mu buhungiro Kongo Brazzaville aho yitaga ku nyungu z\u2019abanyarwanda bari basangiye na we amakuba y\u2019ubuhungiro). Aho abereye minisitiri avuga ko nta mpamvu impunzi itagombye gutaha. Jenerali Paul Rwarakabije na bamwe mu\u00a0basirikare bahoze muri FDLR, batahutse, binjizwa mu ngabo na polisi, ndetse bamwe bongezwa n\u2019amapeti. Muri bo harimo n\u2019abari mu gitero cyahitanye abana b\u2019abakobwa bigaga i Nyange mu w\u20191997. Ibi hari ababibonamo igikorwa gisanzwe cyo kubasubiza mu ngabo z\u2019igihugu, ariko hari n\u2019ababibonamo amayeri y\u2019inyungu za politiki, zo kwerekana ko nta bibazo biriho mu miyoborere. Aba\u00a0bavuga ko umuti wa nyawo, udashobokera muri izo nzira. Abategetsi b\u2019Urwanda\u00a0banasabye ko abanyarwanda bavanirwaho ubuhunzi, ndetse hari n\u2019ibihugu byabishyize mu bikorwa. Kuva icyo gihe, abategetsi b\u2019Urwanda banyuze muri ambasade bashishikariza impunzi gufata \u00ab\u00a0passeport\u00a0\u00bb no gutahuka. Ibi babikoze ahanini kuko bazi ko igihugu gifite impunzi hanze bidatanga isura nziza, kuko nk\u2019uko twabibonye, ubuhunzi ni ingaruka z\u2019ibibazo by\u2019ubutegetsi burangwa na politiki mbi.<\/p>\n<p>Hari abagize amakenga, na n\u2019ubu bakiri hanze mu buzima bubi, babwemeye gutyo, imyaka\u00a0n\u2019imyaniko, kuko babona hari ibikibura ngo batahe.\u00a0Nta munyarwanda utazi ububi bw\u2019ubuhunzi, kuko n\u2019abari ku butegetsi, benshi muri bo babubayemo. Ubushake bubayeho,\u00a0iki kibazo cyabonerwa umuti kuko impamvu zacyo zirazwi.<\/p>\n<p><strong>Impunzi ubugira gatatu!<\/strong><\/p>\n<p>Impunzi zose z\u2019abanyarwanda aho ziva zikagera, na zo ni abana b\u2019Urwanda. Ni amaboko y\u2019igihugu. Nta n\u2019umwe uzakubwira ko adakunda urwamubyaye. Ese nta sano namba iri hagati y\u2019igituma abanyarwanda bari mu buhungiro uyu munsi, n\u2019icyatumye hari abari mu buhungiro mbere y\u2019imyaka ya za\u00a090? Hari uwakwihutira kwerekana itandukaniro (kandi koko rirahari) ariko \u00ab\u00a0icyita rusange\u00a0\u00bb (aho bihuriye) ni cyo cy\u2019ibanze kuko kubimenya bishobora kuba inzira yashakirwamo igisubizo n\u2019umuti. Ese twahakana ko kugeza ubu, ubutegetsi butananiwe guha abanyarwanda ubwisanzure mu bitekerezo, uburenganzira bwo kwihitiramo ababayobora no kureshya imbere y\u2019amategeko n\u2019imbere y\u2019inzego nkuru z\u2019igihugu? Twahakana ko, uko ingoma zasimburanye, ufashe ubutegetsi atandika amateka uko abyumva, hanyuma ubibona ukundi kabone niyo yaba afite ishingiro, akagirwa ruvumwa? Twahakana ko bamwe mu bategetsi babugeraho bakibagirwa ko, ari ubw\u2019abaturage, ko ari bo babutanga, kandi ko ari bo bugomba gukorera?<\/p>\n<p>Uretse ko, no kuba impunzi bitari bikwiye, bishoboka bite ko hejuru y\u2019ibyo, zimwe mu mpunzi zinahigwa iyo mu mahanga aho zahungiye? Ibi byo ni agahomamunwa, na ko nta n\u2019uwabona ijambo risobanura neza ikintu nk\u2019iki kirenze ihaniro. Byageze n\u2019aho i Burayi, abashinzwe umutekano, bimura bamwe, bamaze kubona ko n\u2019iyo muri ibyo bihugu bakurikiranwayo! Igihe cyarageze ngo abantu bagaruke ku muco nyarwanda. Burya ngo, n\u2019iyo inyamaswa yahungaga, uwayihigaga, yarazibukiraga (yarayihoreraga). Ntawashidikanya ko impunzi zatahuka, ibibazo\u00a0bya politiki byatumye zihunga bibonewe umuti nyawo.\u00a0Kubishakira umuti, ntawe bitareba, ndetse\u00a0n\u2019abafite ubutegetsi babifitemo inyungu, kuko bucya bwitwa ejo.<\/p>\n<p><a href=\"https:\/\/mulijeanclaude.wordpress.com\/2016\/06\/20\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/\"><strong>Jean Claude Mulindahabi<\/strong><\/a><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Buri mwaka ku itariki ya 20 Kamena, ni umunsi mpuzamahanga w\u2019impunzi. Nta gushidikanya ko Urwanda rukiri mu bihugu bifite impunzi nyinshi. Witegereje mu myaka 50 ishize, wagira ngo abanyarwanda bajya ibihe byo guhunga igihugu!<\/p>\n","protected":false},"author":4,"featured_media":14223,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[78],"tags":[],"class_list":["post-14221","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ibitekerezo"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Buri mwaka ku itariki ya 20 Kamena, ni umunsi mpuzamahanga w\u2019impunzi. Nta gushidikanya ko Urwanda rukiri mu bihugu bifite impunzi nyinshi. Witegereje mu myaka 50 ishize, wagira ngo abanyarwanda bajya ibihe byo guhunga igihugu!\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-06-20T23:21:12+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2016-06-21T15:39:26+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"615\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"374\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwandan\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwandan\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwandan\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461\"},\"headline\":\"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari?\",\"datePublished\":\"2016-06-20T23:21:12+00:00\",\"dateModified\":\"2016-06-21T15:39:26+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/\"},\"wordCount\":1354,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/06\\\/impunzi-25.jpg\",\"articleSection\":[\"Ibitekerezo\"],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/\",\"name\":\"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/06\\\/impunzi-25.jpg\",\"datePublished\":\"2016-06-20T23:21:12+00:00\",\"dateModified\":\"2016-06-21T15:39:26+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/06\\\/impunzi-25.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/06\\\/impunzi-25.jpg\",\"width\":615,\"height\":374},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461\",\"name\":\"therwandan\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwandan\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwandan\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda","og_description":"Buri mwaka ku itariki ya 20 Kamena, ni umunsi mpuzamahanga w\u2019impunzi. Nta gushidikanya ko Urwanda rukiri mu bihugu bifite impunzi nyinshi. Witegereje mu myaka 50 ishize, wagira ngo abanyarwanda bajya ibihe byo guhunga igihugu!","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2016-06-20T23:21:12+00:00","article_modified_time":"2016-06-21T15:39:26+00:00","og_image":[{"width":615,"height":374,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwandan","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwandan","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/"},"author":{"name":"therwandan","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461"},"headline":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari?","datePublished":"2016-06-20T23:21:12+00:00","dateModified":"2016-06-21T15:39:26+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/"},"wordCount":1354,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg","articleSection":["Ibitekerezo"],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/","name":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari? - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg","datePublished":"2016-06-20T23:21:12+00:00","dateModified":"2016-06-21T15:39:26+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/impunzi-25.jpg","width":615,"height":374},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impunzi-zabanyanyarwanda-ni-urujya-nuruza-kugeza-ryari\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Impunzi z\u2019abanyarwanda ni urujya n\u2019uruza. Kugeza ryari?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461","name":"therwandan","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwandan"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwandan\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14221","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/4"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14221"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14221\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14223"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14221"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14221"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14221"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}