{"id":18744,"date":"2017-01-05T07:38:06","date_gmt":"2017-01-05T05:38:06","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=18744"},"modified":"2017-01-05T08:10:24","modified_gmt":"2017-01-05T06:10:24","slug":"umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w&#8217;Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda."},"content":{"rendered":"<p>Inkuru yabaye impamo umugogo w\u2019umwami Kigeli wa gatanu Ndahindurwa uzatabarizwa I Mwima ya Nyanza aho yimikiwe mu Rwanda.<!--more--><\/p>\n<p>Ibi n\u2019inyuma yuko umucamanza mu rukiko rwo muri leta ya Virginiya muri Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika ategetse ko umugogo w\u2019umwami Kigeli woherezwa mu Rwanda akaba ariho azatabarizwa.<\/p>\n<p>Uwo mwanzuro umucamanza yawufashe nyuma y\u2019iminsi ibiri yumva ubuhamya bw\u2019abagize umuryango w\u2019umwami bafashe icyemezo cyo kwitabaza inkiko, nyuma yuko bananiwe kumvikana aho umugogo w\u2019umwami watabarizwa.<\/p>\n<p>Muri bo hagaragaye abari bashyigikiye ko umugogo w\u2019umwami utabarizwa mu Rwanda n\u2019abatabishyigikiye bifuza ko yatabarizwa mu mahanga.<\/p>\n<p>Impaka muri urwo rubanza ahanini zavutse nyuma yuko nta kimenyetso na kimwe umwami yasize cyangwa urwandiko rugaragaza aho yifuzaga ko yatabarizwa.<\/p>\n<p>Umunsi wa mbere w\u2019urubanza wahariwe ahanini kumviriza abashyigikiye ko umugogo w\u2019umwami wazatabarizwa mu Rwanda.<\/p>\n<p>Bafashijwe n\u2019ababunganira bose bashimangiye ko icyifuzo cy\u2019umwami cyar\u2019uko umunsi umwe yazataha mu gihugu cyamwibarutse.<\/p>\n<p>Basobanuriye urukiko ko, kuba umwami atarigeze afata ubundi bwenegihugu ari ikimenyetso simusiga ko yakundaga igihugu cye, ko byaba byiza ari naho atabarijwe.<\/p>\n<figure id=\"attachment_18746\" aria-describedby=\"caption-attachment-18746\" style=\"width: 987px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-18746 size-full\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo.jpg\" width=\"987\" height=\"555\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo.jpg 987w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo-300x169.jpg 300w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo-768x432.jpg 768w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo-696x391.jpg 696w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/Christine-Mukabayojo-747x420.jpg 747w\" sizes=\"auto, (max-width: 987px) 100vw, 987px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-18746\" class=\"wp-caption-text\">Christine Mukabayojo, Umwami Kigeli abereye se wabo, yishimiye ko bahawe uburenganzira bwo gutahana umugogo w&#8217;umwami mu Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n<p>Christine Mukabayojo, Kigeli abereye se wabo, yasabye urukiko guha agaciro icyifuzo cya nyirasenge Speciosa Mukabayojo, wasabye ko musaza we yatabarizwa mu Rwanda.<\/p>\n<p>Christine yabwiye urukiko ko Speciosa ari we wenyine usigaye mu bavukanaga n\u2019umwami Kigeli.<\/p>\n<p>Uruhande rwabifuza ko Kigeli yatabarizwa mu mahanga rwo rwasabye urukiko kudaha agaciro icyo cyifuzo bagaragaza ko kuba umwami yaratanze hashyize imyaka 55 atarakandagiza ikirenge mu gihugu cye, ari ikimenyetso cy\u2019uko atari yiteguye gutaha mu Rwanda.<\/p>\n<figure id=\"attachment_9271\" aria-describedby=\"caption-attachment-9271\" style=\"width: 269px\" class=\"wp-caption alignright\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-9271 size-full\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-Benzinge.png\" width=\"269\" height=\"462\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-Benzinge.png 269w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-Benzinge-174x300.png 174w\" sizes=\"auto, (max-width: 269px) 100vw, 269px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-9271\" class=\"wp-caption-text\">Umwami Kigeli V Ndahindurwa n&#8217;uwari umukarani we Boniface Benzinge<\/figcaption><\/figure>\n<p>Bagaragaje ko umwami yasabwe kenshi gutaha ariko agashimangira ko atiteguye gusubira mu Rwanda nk\u2019umuntu usanzwe ko ahubwo agomba gutahana icyubahiro cy\u2019umwami.<\/p>\n<p>Emmanuel Bushayija, umwami Kigeli abereye se wabo, yabwiye urukiko ko kuba u Rwanda rutarigeze rwifuza ko umwami ataha nk\u2019umwami ari impamvu ihagije yo gutuma adasubizwa mu Rwanda nyuma yo gutanga.<\/p>\n<p>Nyuma yo kumviriza impande zombi, umucamanza yahaye agaciro icyifuzo cy&#8217;abagaragaje ubusabe bwa mushiki w\u2019umwami kuko ari we ufitanye isano ya hafi cyane n\u2019umwami Kigeli.<\/p>\n<p>Umucamanza yahise ategeka ko umugogo umwami bawurekura ukoherezwa mu Rwanda.<\/p>\n<p>Christine Mukabayojo, wari uhagarariye nyirasenge yabwiye Ijwi ry\u2019Amerika ko bashimishijwe cyane n\u2019icyo cyemezo cy\u2019urukiko. Yavuze ko bagiye gutangira gahunda zo gutahana umugogo w\u2019umwami byihutirwa.<\/p>\n<p>Uruhande rw\u2019abifuzaga ko umwami atabarizwa muri Amerika bo ntibifuje kugira icyo batangaza.<\/p>\n<p>Boniface Benzinge wabaye umukarani w\u2019umwami yabwiye Ijwi ry\u2019Amerika ko ntacyo yavuga arisaba kuvugana n\u2019umwunganira.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14201\" aria-describedby=\"caption-attachment-14201\" style=\"width: 474px\" class=\"wp-caption alignleft\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-14201\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/Mpyisi.jpg\" alt=\"\" width=\"474\" height=\"392\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/Mpyisi.jpg 474w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/06\/Mpyisi-300x248.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 474px) 100vw, 474px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14201\" class=\"wp-caption-text\">Pasteur Ezra Mpyisi<\/figcaption><\/figure>\n<p>Pasiteri Ezra Mpyisi, wabanye n\u2019umwami Kigeli yabwiye Ijwi ry\u2019Amerika ko agiye kugerageza guhuza abavandimwe bari bamaze gucikamo ibice.<\/p>\n<p>Yagize ati \u201cNgomba kwicarana n\u2019umuryango w\u2019Abahindiro nkabasaba kwicarana bagakura umuvumo uri mu muryango wabo.\u201d<\/p>\n<p>Kigeli V Ndahindurwa yategetse u Rwanda kuva mu kwezi kwa karindwi 1959 kugera ahiritswe ku butegetsi mu kwezi kwa mbere umwaka 1961.<\/p>\n<p>Yatanze tariki ya 16 y\u2019ukwezi kwa cumi umwaka w\u20192016.<\/p>\n<p>Inkuru y&#8217;Ijwi ry&#8217;Amerika<\/p>\n<audio class=\"wp-audio-shortcode\" id=\"audio-18744-1\" preload=\"none\" style=\"width: 100%;\" controls=\"controls\"><source type=\"audio\/mpeg\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/0912061b-8b38-404f-9651-74bef98f7a05_hq.mp3?_=1\" \/><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/0912061b-8b38-404f-9651-74bef98f7a05_hq.mp3\">http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/01\/0912061b-8b38-404f-9651-74bef98f7a05_hq.mp3<\/a><\/audio>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8212;&#8211;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inkuru yabaye impamo umugogo w\u2019umwami Kigeli wa gatanu Ndahindurwa uzatabarizwa I Mwima ya Nyanza aho yimikiwe mu Rwanda.<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":9062,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[67],"tags":[],"class_list":["post-18744","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amahanga"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w&#039;Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w&#039;Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Inkuru yabaye impamo umugogo w\u2019umwami Kigeli wa gatanu Ndahindurwa uzatabarizwa I Mwima ya Nyanza aho yimikiwe mu Rwanda.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-01-05T05:38:06+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2017-01-05T06:10:24+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"350\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"525\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/\",\"name\":\"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w'Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg\",\"datePublished\":\"2017-01-05T05:38:06+00:00\",\"dateModified\":\"2017-01-05T06:10:24+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg\",\"width\":350,\"height\":525},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w&#8217;Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w'Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w'Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda","og_description":"Inkuru yabaye impamo umugogo w\u2019umwami Kigeli wa gatanu Ndahindurwa uzatabarizwa I Mwima ya Nyanza aho yimikiwe mu Rwanda.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2017-01-05T05:38:06+00:00","article_modified_time":"2017-01-05T06:10:24+00:00","og_image":[{"width":350,"height":525,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/","name":"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w'Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg","datePublished":"2017-01-05T05:38:06+00:00","dateModified":"2017-01-05T06:10:24+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2014\/12\/kigeli-ndahindurwa.jpg","width":350,"height":525},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/umucamanza-muri-amerika-yategetse-ko-umugogo-wumwami-kigeli-v-ndahindurwa-utabarizwa-mu-rwanda\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w&#8217;Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18744","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=18744"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18744\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":18751,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18744\/revisions\/18751"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/9062"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=18744"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=18744"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=18744"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}